• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
08/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
08/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
08/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
08/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Congo: Martin Fayulu yaregeye urukiko rurinda iremezo ry’itegeko nshinga ko yibwe amajwi

Umwanditsi
January 12, 2019

Nyuma y’uko Komisiyo y’amatora muri Kongo Kinshasa itangaje amajwi y’agateganyo y’ibyavuye mu matora y’umukuru w’igihugu yabaye tariki 30 Ukuboza 2018, Matin Fayulu wabaye uwa kabiri n’amajwi 35,2% yatanze ikirego mu rukiko rurinda iremezo ry’itegeko nshinga avuga ko yibwe amajwi, ko ariwe watowe n’abaturage.

Umukandida ku mwanya w’umukuru w’igihugu muri Kongo Kinshasa, Martin Fayulu utarishimiye kuza ku mwanya wa kabiri mu majwi y’agateganyo yatangajwe na Komisiyo y’amatora-CENI, yagejeje ikirego mu rukiko rurinda iremezo ry’itegeko nshinga avuga ko amajwi yahawe atariyo, ko ariwe wari watowe n’abaturage.

Tariki 10 Mutarama 2019 nibwo Komisiyo y’amatora-CENI muri kongo Kinshasa yatangaje amajwi y’agateganyo y’ibyavuye mu matora y’umukuru w’Igihugu yabaye kuwa 30 Ukuboza 2018. Martin Fayulu, umwe muri 3 bari bahanganye bikomeye akaza ku mwanya wa 2 n’amajwi 35,2% yamaze gutanga ikirego mu rukiko rurinda iremezo ry’itegeo nshinga kuri uyu wa gatanu tariki 11 Mutarama 2019 anenga ibyatangajwe. Ashinja Komisiyo y’amatora kumwiba amajwi ngo kuko ariwe abanyekongo batoye.

Nkuko Radio Okapi dukesha iyi nkuru ibivuga, Martin Fayulu atangaza ko ariwe abaturage bagiriye icyizere, ariwe bashakaga ndetse ko kandi adashobora kubareka. Agira ati” Si nzareka abo baturage. Abaturage ntibashobora kwemera ubwo butiriganya bwakozwe, abaturage bantoreye kuba umudepite ku rwego rw’intara, urw’igihugu, banantoreye kuba Perezida.’’

Agira kandi ati ’’ Banyita umusirikare w’abaturage, umurinzi w’Ingoro, ntabwo rero abo baturage nzabareka. Tuzajyana kugera ku ntsinzi.’’ Ibyo kwiba amajwi, Fayulu abibonamo nk’ubutiriganya bugamije guha Joseph kabila icyuho cyo kwisubiza ubutegetsi.

Urukiko rurinda iremezo ry’itegeko nshinga muri Kongo Kinshasa nirwo rufite ububasha bwo kwakira ikirego cyatanzwe na Martin Fayulu ndetse rukaba rwa kwemeza ko gifite ishingiro mbere y’itangazwa burundu ry’ibyavuye mu matora.

Mu majwi y’agateganyo yatangajwe na CENI, Tshisekedi niwe uri imbere n’amajwi 38,57%( miliyoni zisaga 7 z’abamutoye), Matin Fayulu ku mwanya wa 2 na 35,2% (abaturage basaga miliyoni 6 baramutoye) naho Emmanuel Ramazani Chadary yagize amajwi 23,8% (miliyoni zisaga 4 z’abantu nobo bamutoye).

Martin Fayulu, ni umukandida watanzwe n’ihuriro « LAMUKA » ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kabila.

Felix Tshisekedi uri ku mwanya wa mbere mu majwi y’agateganyo, aramutse atsinze amatora y’umukuru w’igihugu akajya ku butegetsi, yaba ari amateka yanditswe n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri iki gihugu kuva cyabona ubwigenge, yaba kandi ari amateka mu muryango w’aba Tshisekedi.

Soma izindi nkuru bifitanye isano hano: http://www.intyoza.com/felix-tshisekedi-yatangajwe-byagateganyo-ko-ariwe-watsinze-amatora-ya-kongo/

http://www.intyoza.com/felix-tshisekedi-yavuze-amagambo-akomeye-yubuhanga-nyuma-yintsinzi-yagateganyo/

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga