• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
26/05/26
Muhanga: Abantu 9 barimo umugore batawe muri yombi bacukura, bagurisha amabuye y’agaciro bitemewe
26/05/26
ESB Kamonyi: Padiri Majyambere yavuze ku bufatanye bw’Ababyeyi n’ishuri bwatumye hubakwa ibyumba 12 by’ishuri
26/05/26
Kamonyi: Gushaka Ubukire buhutiyeho, kutagira amakuru, ni bimwe mu bituma Urubyiruko rutagana Ubuhinzi
26/05/26
Huye: Urumogi ibiro 480, Kanyanga Litiro 460 na Litiro z’Ibikwangari byangijwe ku mugaragaro

CP Kabera John Bosco, aburira abanyonzi badafite ingofero-Casque ko bazafatwa bagahanwa

Umwanditsi
September 29, 2020

Kimwe n’ibindi bikorwa mu Rwanda, amezi atandatu arashize abatwara abantu n’ibintu ku magare badakora nyuma y’ingamba zafashwe zo kwirinda icyorezo cya Coronavirus. Ni ingamba zagize ingaruka k’ubuzima bwa benshi mu bakora aka kazi.

Tariki ya 25 Nzeri 2020 nibwo inkuru nziza yatahaga mu matwi y’abatwara abagenzi ku magare, ubwo babwirwaga ko bemerewe kongera kujya mu muhanda ariko bagasabwa kubahiriza amabwiriza yo kwirinda bambara ingofero(kasike). Nubwo bakomorewe ngo biracyari ikibazo kuribo kuko kubona izi ngofero bikigoranye.

Umwe muribo ati:’’Kwambara casque ningombwa kuko ni ukwirinda, ariko urabona tumaze amezi 6 tudakora kandi iyi ngofero igura ibihumbi 15, kubona ibihumbi 30 icyarimwe n’ingorabahizi pe! badufashije baduha igihe cyo kuyashaka nibura nk’amezi abiri kuko ubu biracyakomeye ntakintu dufite no mu ma koperative yacu ntakintu kirimo kuko amafaranga bayaduhaye muri gahunda ya guma mu rugo.

Umuvugizi wa polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera, avuga ko abanyonzi batazubahiriza amabwiriza bahawe n’inzego zibishinzwe bazahabwa ibihano, aho avuga ko kuba barabemereye kujya mu muhanda bidakuraho kubahiriza amabwiriza bahawe. Ku bw’ibyo rero utazabyubahiriza azafatwa ahabwe ibihano. Asaba abadafite ubushobozi ko bakwegera abayobozi b’amakoperative babamo bakabashakira uburyo babona izo ngofero.

Usibye abatwara abantu n’ibintu ku magare bakomorewe, Inama y’abaminisitiri yateranye kuya 25 Nzeri 2020 muri Village Urugwiro, ikayoborwa na Perezida Kagame Paul, yahinduye byinshi mu ngamba zari zarashyizweho mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Covid-19, ingendo mu ntara n’umujyi wa Kigali zirasubukurwa n’ibindi.

Inkuru yanditswe na Venuste Habineza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5972 Posts

Politiki

4220 Posts

Ubuhinzi

153 Posts

Ubukungu

1055 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga