• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
15/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
15/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
15/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Ishyaka Green Party (Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije ) riranenga amatora y’ibanze aheruka

Umwanditsi
March 5, 2016

 

Ishyaka ritavuga rumwe na Leta y’u Rwanda Green Party, kuri ryo ngo amatora y’inzego zibanze aheruka nta Demokarasi ya yaranze.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatandatu Taliki ya 5 Werurwe 2016, nibwo iri shyaka ritavuga rumwe na Leta y’u Rwanda mu kiganiro n’abanyamakuru ryatangaje ko amatora aheruka kuba kuva mu rwego rw’Umudugudu kugera mu Karere atabaye mu mucyo no mubwisanzure.

Dr Frank Habineza umuyobozi w’ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda), avuga ko aya matora henshi atagenze nkuko abaturage babyifuzaga ngo ahubwo yakozwe uko bamwe mu bayobozi babishakaga.

Dr Frank agira ati” Haracyari abantu benshi mu nzego zibanze bumva ibintu mu buryo butandukanye, bumva ibintu ko aribo bagomba kwiharira, ndetse abantu batubwiye ku mugaragaro mu karere ka Burera baratubwiye bati ishyaka ni rimwe ariko kuri twe sibyo”.

Bamwe mu bayoboke b'Ishyaka Green Party aho bari bateraniye.
Bamwe mu bayoboke b’Ishyaka Green Party aho bari bateraniye.

Mu kubona ko amatora atagenze neza ndetse ko hari abatowe bamwe ngo begujwe abandi bagasabwa kutiyamamaza cyangwa gukuramo kandidatire zabo kandi nta miziro ngo gusa kubera hari abatabashaka mu buyobozi, iri shyaka ngo ryandikiye inteko ishingamategeko ribivuga ariko igisubizo amaso aracyagitegereje.

Ubuyobozi bw’Ishyaka Green Party buvuga ko uretse n’inenge zagaragaye aho iri shyaka rihamya ko byakozwe bigambiriwe, ngo na mbere ko amatora aba bari baragaragaje ko hari ibyo babona bidakwiye mu buyobozi nkaho ba Mayors( abayobozi b’uturere) ari nabo usanga ari abahagarariye ishyaka kimwe no muzindi nzego zitandukanye.

Umwe mu bayoboke ba green Party ahabwa icyemezo cy'uko yize neza amasomo yahawe ku bijyanye na Demokarasi.
Umwe mu bayoboke ba green Party ahabwa icyemezo cy’uko yize neza amasomo yahawe ku bijyanye na Politiki, Demokarasi n’ibindi.

Kuba bamwe mu bayobozi b’inzego zibanze ari nabo bahagararira amashyaka ngo ntabwo bikwiye, iri shyaka kandi rivuga ko ryatangajwe no kumenya amakuru y’igihe amatora azabera hasigaye igihe kitarenga icyumweru bagenzi babo bo muyandi mashyaka babizi ndetse banafite indorerezi zizayakurikirana mugihe bo ntazo bagize ngo ziyakurikirane.

Green Party, ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije mu Rwanda rivuga ko kuvuga ibi byose hamwe n’ibindi baba babona bitagenda neza atari uko baba banze Igihugu ngo ahubwo ni bumwe mu buryo babona bwo kuvuga ibitagenda neza kugira ngo bikosorwe.

 

Theogene Munyaneza / Intyoza.com

 

 

 

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga