• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Kamonyi: Minisitiri Shyaka yasuye Umudugudu wa Ruramba awusigira umukoro

Umwanditsi
June 19, 2019

Umudugudu wa Ruramba wa mbere mu Mihigo mu karere, Kuri uyu wa 18 Kamena 2019 wasuwe na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Prof. Shyaka Anastase, asaba abawutuye ko kugeza Kamena umwaka utaha bagomba kuba besheje imihigo irimo; Kugira Umuriro, Gucika ku nkwi n’amakara no kuzamura imibereho y’Ingo.

Prof. Shyaka Anastase yasabye ko mu mihigo abatuye uyu Mudugudu bagomba kuba besheje harimo no kuba bafite amazi meza kandi ahagije umwaka utaha muri kamena, Kuba buri rugo ruzaba rufite umuriro w’Amashanyarazi, kuba nta rugo ruzaba rudafite rondereza ariko idacanwamo inkwi n’amakara, ahubwo ikoresha briquette, hanyuma no kuzamura imibereho myiza.

Yagize ati “ Buri rugo rwose umwaka utaha mu kwa gatandatu ruzabe rudacana agatadowa ahubwo rukora ku rukuta amashanyarazi akaka. Umuhigo wa 2, umwaka utaha turagira ngo 100% y’ingo za Ruramba muzabe muri muri rondereza, mukoresha inkwi zivuye mu bishishwa by’umuceri(Briquette). Uwa gatatu ni uwo kuzamura imibereho y’ingo”. Yanabasabye kandi kuzaba bafite amazi meza ariko ho abizeza ko bitarenze Nyakanga 2019 hari azabageraho.

Yakomeje avuga ko mu kuzamura imibereho y’ingo byagerwaho neza bitabiriye gahunda zo kwizigama ( ifaranga babonye bakamenya kurizigama), kunyura muri Ejo heza ari nako bakorana bya hafi n’ibigo by’imari bitandukanye.

Mudugudu amurikira Minisitiri ibitabo bikubiyemo amakuru areba Umudugudu.

Minisitiri Shyaka, yabwiye ubuyobozi bw’Akarere muri rusange ko nta munyakamonyi ukwiye kuba agicana amakara n’inkwi kandi hari uruganda bifitiye ku Mukunguri rutunganya ibicanwa biva mu bishishwa by’umuceri (briquette), ko bagombye no kuba aribo ba mbere banashishikariza abandi kubikoresha baharanira kubungabunga amashyamba n’ibidukikije muri rusange.

Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge yose uko ari 12 igize akarere bitabiriye ibiganiro byahuje Minisitiri Shyaka n’Abanyaruramba. Bose basabwe ko umwaka utaha bagomba kuba bafite Umudugudu w’ikitegererezo wujuje imihigo itatu yavuzwe hejuru( Kugira Amashanyarazi, Rondereza icanwamo Briquette n’izamuka ry’imibereho y’ingo).

Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’imirenge bavuga icyo bigiye kuri uyu Mudugudu n’icyo bagiye gukora.

Yagize kandi ati“ Umwaka utaha dutegereje intambwe ifatika mu iterambere igaragarira buri wese. Ni tugera aho uturere turimo duhiga abandi bajye bavuga bati reka kamonyi ibanze ivuge. Ariko ibyo birahenda, birasaba imbaraga no guhaguruka mugakora cyane”. Yakomeje asaba Akarere ko umwaka utaha buri Murenge ugomba no kuba ufite Akagari k’intangarugero, ariko byose bigakorwa umuturage yabigizemo uruhare mu bwumvikane busesuye nta nkoni.

Minisitiri Shyaka yahaye abana amata.

Umudugudu wa Ruramba uherereye mu Kagari ka Masaka, Umurenge wa Rugalika. Utuwe n’ingo 291 ukagira abaturage 1277 babumbiye mu masibo 14. Ku kijyanye na Mituweli ya 2019-2020 bamaze kugishyira ku ruhande, batangiye gutekereza iya 2020-2021. Ni Umudugudu wa 3 mu Mihigo ku rwego rw’intara y’Amajyepfo. Muri uyu Mudugudu unahasanga Irerero n’Igikoni cy’Umudugudu byose byiyubakiwe n’abaturage.

Minisitiri Shyaka yasize ateye igiti cy’imbuto ziribwa imbere y’Ibiro by’Umudugudu wa Ruramba.

 

Abana bato mu ngamba zabo bakiriye Minisitiri.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga