• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
08/12/25
Kamonyi: Uburenganzira bw’Ufite Ubumuga ntabwo bureba Ubuyobozi gusa-Visi meya Uwiringira M Josee
08/12/25
Igishoro cy’Ibihumbi 450 cyahesheje Umunyamahirwe wa FORTEBET gutsindira hafi Miliyoni 2,5 y’u Rwanda
08/12/25
Kamonyi-Rugalika: Abadepite basabye Akarere kugira nibura Site imwe y’Imiturire y’icyitegererezo
08/12/25
Ab’Imyumvire iganisha ku kugumura Abaturage bahawe“GASOPO”, babwirwa itegeko n’Ibihano

Kamonyi/Rugalika: Ikirombe gicukurwamo amabuye y’urugarika kigwiriye umuntu

Umwanditsi
August 26, 2019

Ahagana ku I saa yine zo kuri uyu wa mbere Tariki 26 Kanama 2019 mu Kagari ka Nyarubuye ho mu Murenge wa Rugalika umugabo w’imyaka 47 y’amavuko yagwiriwe n’ikirombe gicukurwamo amabuye y’urugarika abo bari kumwe bariruka. Amasaha ashize asaga atatu agishakishwa.

Dusabimana Ildephonse w’imyaka 47 y’amavuko niwe wagwiriwe n’ikirombe gicukurwamo amabuye y’urugarika kuva ahagana ku I saa yine akaba agishakishwa n’ubuyobozi, abaturage n’inzego zitandukanye.

Habimana Alexis, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Nyarubuye yemereye intyoza.com ko iyi mpanuka y’ikirombe yabaye, ko abari mu kirombe bose hamwe ari abantu bane riko batatu bavuyemo biruka umwe muri bo kikamufata yiruka ariko kikamuhusha ku buryo ntacyo yabaye cyane mu gihe uyu wa kane Dusabimana Ildephonse yahezemo arimo gushakishwa.

Gitifu Habimana, yabwiye kandi intyoza.com ko amakuru bayamenye bahurujwe n’aba bari barokotse iyi mpanuka, bagahita batabara. Avuga ko atazi igihe biri butware kugera kuwo ikirombe cyagwiriye kuko ngo aha mu kirombe ni harehare kandi hatengutse amabuye n’itaka byinshi bigwamo.

Aya niyo mabuye y’urugarika. Ahenshi yomekwa ku nzu yubakwa n’ahandi ugasanga agaragara neza.

Impanuka muri ibi birombe bicukurwamo amabuye y’Urugarika ntabwo zari ziherutse nk’uko ubuyobozi bwabitangaje. Turacyakurikirana andi makuru mashya kuko ibikorwa byo gushakisha uwaguye mukirombe birakomeje.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5928 Posts

Politiki

4177 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1040 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

157 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga