• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/08/25
Kamonyi-Nyarubaka: Umusore wari Papa akaba na Mama w’Abavandimwe be yishwe atewe icyuma
18/08/25
Ireme ry’Uburezi si ikintu tubyuka mu gitondo ngo tuvuge ngo twarigezeho, ni urugendo-Dr. Flora Mutezigaju/REB
18/08/25
Kamonyi-GIMI Ltd: Bishimiye ibyo bagezeho bagaragaza uruhare bafite mu iterambere ry’Umuturage
18/08/25
Kamonyi-Rugalika: Abasoje amasomo muri Gifts Rwanda bahawe igishoro kibafasha kwihangira umurimo

Karongi: Abarokotse Jenoside basaba ko Umusozi wa Gatwaro uharirwa kuba ubusitani bw’urwibutso

Umwanditsi
July 3, 2019

Umusozi wa Gatwaro uri hejuru y’ahahoze Sitade Gatwaro ubu hubatse Urwibutso rwa Jenoside rwa Gatwaro. Ubwo kuri uyu wa 01 Nyakanga 2019 hibukwaga ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi mu cyahoze ari Perefegitura ya Kibuye, abarokotse basabye Leta ko uyu musozi watunganyirizwa kuba ubusitani bw’urwibutso.

Abarokotse Jenoside basaba ko uyu musozi wa Gatwaro utagira ibindi bikorwa ushyirwaho, ahubwo ugatunganyirizwa kuba ubusitani bw’urwibutso, aho abaje kwibuka no kuganiriza Ababyeyi, inshuti n’abavandimwe baruhukiye muri uru rwibutso bazajya bicara, bakaganira ku mateka ashaririye n’inzira y’umusaraba banyuze.

Ambassador Mukangira Jacqueline wavuze mu izina ry’imiryango yashyinguye abasaga ibihumbi 15 bishwe, mu byifuzo yatanze by’abarokotse harimo n’iki cy’umusozi wa Gatwaro ukwiye guharirwa ubusitani bw’urwibutso.

Ambassador Mukangira Jacqueline.

Yagize ati “ Kariya Gasozi kitwa Gatwaro kari hejuru y’urwibutso rw’abacu. Leta yacu izadufashe turabisabye bazagatange gakorwemo ubusitani bw’urwibutso ku buryo abantu bazajya baza bagasura urwibutso bakagira n’umwanya wo kujya gutekereza kuri ibyo byose by’urugendo rushaririye abacu banyujijwemo”.

Ndayisaba Francois, umuyobozi w’Akarere ka Karongi ubwo yabazwaga n’intyoza.com icyo bagiye gukora kuri iki cyifuzo, yirinze kwemera cyangwa se ngo ahakane. Gusa avuga ko bagiye kubisuzuma.

Ndayisaba Francois/ Mayor Karongi.

Ati” Icy’umusozi kijyanye n’amateka yihariye tuzabirebaho. Hari igihe umuntu asaba ariko hari n’ababishinzwe bazasuzuma niba ubwo busabe bujyanye n’ibyo bifuza ko bihakorerwa. Ariko icyo twabizeza ni uko byose bishoboka”.

Minisitiri Busingye Jonhston avuga ku byifuzo bw’abarokotse Jenoside birimo n’icy’ubutaka bw’umusozi wa Gatwaro bifuza ko butunganyirizwa kuba ubusitani bw’urwibutso yagaragaje ko nta mpamvu bitakorwa mu gihe byaba bishoboka kandi byanyuze mu nzira ikwiye.

Busingye Jonhston / Minisitiri w’ubutabera asubiza ku byifuzo byatanzwe n’abarokotse Jenoside i Gatwaro.

Ati“ Ibyasabwe n’uhagarariye abashyinguye ababo hano, hari ibyasabwe, ubutaka kuri uyu musozi wa Gatwaro n’ibindi binyuranye. Icyo navuga ni uko byakurikiranwa mu nzira ziteganywa na Administration ( ubuyobozi), uko bigenda kose noneho ibikeneye ubuvugizi mu gihe cy’ubuvugizi bigakorerwa ubuvugizi ariko mu nzira za Administration ziteganywa n’amategeko byakurikijwe”.

Urwibutso rwa Gatwaro rushyinguyemo imibiri isaga ibihumbi 15 y’abishwe mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994. Ni urwibutso ruri ahahoze ari Sitade Gatwaro yiciwemo benshi mu batutsi bari bahahungiye baturuka mubyahoze ari amakomini; Gitesi, Gishyita, Mabanza, Rutsiro n’icyahoze ari Komine ya Kayove yari mucyahoze ari Perefegitura ya Gisenyi.

Soma indi nkuru bifitanye isano hano: Karongi: Imibiri y’Abatutsi isaga ibihumbi 15 bishwe muri Jenoside 1994 yashyinguwe mucyubahiro

 

Umusozi wa Gatwaro uwureba inyuma y’urwibustso.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5846 Posts

Politiki

4097 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1004 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga