• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/11/25
Kamonyi-GS Ruramba:“ Ishuri ryanjye, Urukwavu rwanjye”, Umushinga wo gukundisha abana Ishuri
01/11/25
Muhanga: Itsinda ry’abakekwaho ibikorwa by’Ubugizi bwa nabi batawe muri yombi
01/11/25
Kamonyi-Musambira/HC: Nyuma y’Amezi asaga 8 basa n’abakorera mu manegeka, mu Buhungiro bagarutse
01/11/25
Umunyamahirwe muri FORTEBET yatahanye asaga Miliyoni ku Ipari ebyiri zisa

Kiriziya Gatolika yasabye imbabazi ku bw’ibyo yavuze bitajyanye n’igihe byavugiwe

Umwanditsi
April 14, 2019

Nyuma y’uko Abepisikopi Gatolika banditse ibaruwa isabira koroherezwa ibihano ku bakuze cyane n’abarwaye cyane bafunzwe ku bw’ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, bongeye kwandika basaba imbabazi abanyarwanda muri rusange ko ibyo bakoze bitakozwe mu gihe gikwiye.

Iyi baruwa y’abepisikopi ba Kiriziya Gatolika mu Rwanda yanditswe kuri uyu wa 13 Mata 2019 igashyirwaho umukono na +Myr Filipo Rukamba, Perezida w’inama y’Abepiskopi igaragaza ukwicisha bugufi no gusaba imbabazi Abanyarwanda muri rusange, aho bagaragaza ko ibaruwa banditse basabira koroherezwa ibihano kw’abafunze bakuze cyane n’abarwaye cyane bahamijwe ibyaha bya Jenoside bayanditse mu gihe kitaricyo.

Myr Filipo Rukamba Perezida w’inama y’Abepiskopi Gatolika mu Rwanda.

Ibaruwa yanditswe n’Abepiskopi Gatolika mu Rwanda isabira aba bafunzwe koroherezwa ibihano yanditswe mu gihe u Rwanda n’Abanyarwanda bari mu cyumweru cy’icyunamo, aho hibukwaga ku nshuro ya 25 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu biri muri iyi baruwa yanditswe isaba imbabazi harimo ahagira hati “ Tubabajwe nuko byakomerekeje abantu cyane cyane bitewe n’igihe twabivugiye, ibyo sibyo twari tugamije. Dusabye imbabazi kuko twabivuze muri iki gihe gikomeye cy’icyunamo”.

Ubwo itangazo ry’aba bepiskopi ryasohokaga risabira koroherezwa ibihano kw’abakuze cyane n’abarwaye cyane bafunzwe kubwo guhamywa ibyaha bya Jenoside, Abanyarwanda batari bake babinyujije ku mbuga nkoranyambaga n’ahandi hatandukanye banenze iki cyifuzo cy’aba bayobozi ba Kiriziya Gatolika ndetse banagaya igihe gikorewemo.

Intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5902 Posts

Politiki

4153 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1026 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

151 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga