• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Nyanza: Gitifu w’Umurenge na Adimini bakurikiranweho inyandiko mpimbano no kunyereza umutungo wa Leta

Umwanditsi
May 27, 2020

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ntyazo n’umukozi ushinzwe imari n’ubutugetsi (Admin) mu murenge wa Kibilizi ho mu karere ka Nyanza, bamaze iminsi ibiri bafunzwe na RIB. Bakurikiranweho kunyereza umutungo wa Leta n’inyandiko mpimbano.

Kuwa 26 Gicurasi 2020, nibwo aba bakozi bombi uko ari babiri; Nsengiyumva Alfred Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ntyazo na Mutware Francois ushinzwe imari n’ubutugetsi (Admin) mu Murenge wa Kibilizi ho mu karere ka Nyanza batawe muri yombi n’urwego rw’Ubugenzacyaha-RIB.

Ntazinda Erasme, Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza yabwiye umunyamakuru wa intyoza.com ko amakuru y’ifatwa n’ifungwa ry’aba bakozi ari ukuri. Avuga ko bakurikiranweho ibyaha bakoreye mu kazi, ko RIB ariyo ibizi kuko ariyo yabafashe ikanabakorera Dosiye. Ahamya ko harimo ibibazo by’imikorere n’imicungire itanoze.

Marie Michelle Umuhoza, Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha-RIB yahamirije umunyamakuru ko aya makuru ari impamo. Ati” Bafunzwe bakekwaho icyaha cyo kunyereza umutungo n’icyaha cy’inyandiko mpimbano”.

Aba bayobozi bombi, bafungiye kuri RIB, sitasiyo ya Busasamana ho mu karere ka Nyanza. Aba, baje bakurikira Muganamfura Sylvestre wahoze ari umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Busoro watawe muri yombi mu minsi yashize, aho akurikiranweho kunyereza umutungo.

Nshimiyimana Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga