• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
19/10/25
Kamonyi-Rugalika: Gitifu Nkurunziza yagarutse ku gaciro no gukomera k’Umugore, abaha umukoro
19/10/25
Kamonyi-Rugalika/Ruramba: Ihaniro(Igikari cy’Umubyeyi) ryashyize Abagore ku murongo
19/10/25
Ibihumbi 50 byamuhesheje amahirwe yo gutsindira hafi Miliyoni imwe muri FORTEBET
19/10/25
Kamonyi-Rugalika: Umugabo uzwi ku izina rya Lizembe yapfuye Umugore yisanga mu maboko atari aye

Papa Benedict wa XVI ntabwo yemeranywa na Papa Francis ku kurongora kw’abihaye Imana

Umwanditsi
January 13, 2020

Mu gihe Papa Francis aherutse kwemerera abagabo bashatse abagore ko bashobora kuba abapadiri, uwo yasimbuye ariwe papa Benedict wa XVI aravuga ko bidakwiye ko horoshywa amategeko abuza abihaye imana gushyingirwa kugera ubwo umugabo ufite umugore yemererwa kuba umupadiri.

Ibyavuzwe na papa Benedict wa XVI, yabyanditse mu gitabo yafatanije na Karidinali Robert Sarah. Byabaye kandi nk’ibisubiza umwanzuro uherutse gufatwa na papa Francis wemereye abagabo bafite abagore kuba abapadiri mu gace ka Amazon muri Amerika y’Epfo.

Papa Benedict wa XVI weguye ku mirimo ye mu mwaka wa 2013, yavuze ko atakomeza guceceka kuri iki kibazo. Mu gitabo yanditse nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibivuga, yavuze ko ukudashyingirwa ari igikorwa kimaze imyaka amagana muri Kiriziya, gifite “Igisobanuro gikomeye” kuko gituma abapadiri bibanda ku kazi kabo.

Ku myaka ye 92 y’amavuko, Papa Benedict wa XVI mu nyandiko ye agaragaza ko bidashoboka ko umugabo wubatse urugo yanaba Padiri byombi icyarimwe. Asanga aya masakaramentu abiri, iry’Ubusaseridoti n’iryo Gushyingirwa bitagahuriye ku muntu umwe.

Vatican kwa Papa, nta kintu bari batangaza kuri ibi byavuzwe na Papa Benedict wa XVI, mu gihe igitabo yanditse kiramurikwa kuri uyu wa mbere tariki 13 Mutarama 2020.

Munyaneza Theogene /intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5892 Posts

Politiki

4143 Posts

Ubuhinzi

148 Posts

Ubukungu

1021 Posts

Imyidagaduro

84 Posts

Imikino

148 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga