• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
16/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
16/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
16/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Perezida Kagame ayoboye inama y’Abaminisitiri benshi bari bategereje

Umwanditsi
February 19, 2021

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Kagame Paul kuva mu masaha y’uyu mugoroba wa tariki 19 Gashyantare 2021, ayoboye inama y’Abaminisitiri. Ni inama ije mbere y’igihe abatari bacye bakekaga ariko kandi benshi banitezemo kudohorerwa ku byemezo bimwe byari bimaze iminsi kubwo kwirinda Icyorezo cya Coronavirus. Ibiro by’umukuru w’Igihugu nibyo byatangaje iby’iyi nama.

Iyi nama iteranye, bamwe mu baganiriye na intyoza.com bavuga ko nubwo ije mu gihe batakekaga kuko bunvaga ko ishobora guterana kuwa Mbere cyangwa kuwa Kabiri w’icyumweru gitaha, bavuga ko bayitezemo kudohorerwa kuri bimwe mu byemezo byari bimaze iminsi byubahirizwa mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus.

Bimwe mu byo abatari bake batunga urutoki ko byakwiye gusubirwamo, hakabaho kudohora, harimo nko kongera kureka ingendo kuva mu karere no mu ntara zigasubukurwa, hari kandi ibijyanye n’imihango y’ubukwe ndetse n’amakoraniro y’amadini n’amatorero ndetse no kuba amasaha yo kugera mu rugo yacumwa, agakurwa kuri saa moya nibura akajya hagati ya saa tatu cyangwa saa yine z’ijoro.

Mu byifuzo by’abashaka uku kudohorerwa kuri ibi byemezo, bavuga ko bitakuraho ko abantu bakokeza kubahiriza amategeko n’amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Coronavirus.

Uko imibare ya none iteye.
Uko uturere dugaze mu mibare.

Imibare imaze iminsi itangazwa na Minisiteri y’Ubuzima, igaragaza ko habayeho ukumanuka kw’imibare y’abandura ndetse n’abahitanwa n’iki cyorezo. Bamwe banavuga kandi ko mu gihe u Rwanda rwatangiye gukingira abaturage, bikaba binagaragara ko imibare igenda igabanuka kubwo kwirinda, hakwiye ko abaturage badohorerwa bityo ubuzima bakongera kureba uko baburemarema, bagasanasana. Abo mu tubari nabo bamwe bati ” Natwe twibukwe”.

Itangazo ryo mubiro by’umukuru w’Igihugu.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga