• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/10/25
Kamonyi-Rugalika: Gitifu Nkurunziza yagarutse ku gaciro no gukomera k’Umugore, abaha umukoro
17/10/25
Kamonyi-Rugalika/Ruramba: Ihaniro(Igikari cy’Umubyeyi) ryashyize Abagore ku murongo
17/10/25
Ibihumbi 50 byamuhesheje amahirwe yo gutsindira hafi Miliyoni imwe muri FORTEBET
17/10/25
Kamonyi-Rugalika: Umugabo uzwi ku izina rya Lizembe yapfuye Umugore yisanga mu maboko atari aye

Umujyi wa Kigali urayoborwa na Mukaruliza Monique mu myaka itanu iri imbere

Umwanditsi
February 29, 2016

 

Mu matora yo gushaka umuyobozi w’umujyi wa Kigali usimbura Ndayisaba Fidel, Mukaruliza niwe wegukanye amajwi amuhesha kuwuyobora.

Kuri uyu wa mbere Taliki ya 29 Gashyantare 2016, Mukaruliza Monique ahagana ku isaha ya saa sita n’iminota mirongo itatu nibwo yatangajwe ko atsindiye kuyobora umujyi wa Kigali.

Umwe mu bari bahanganye na Mukaruliza ariwe Dr Hategekimana Theobald usanzwe ayobora ibitaro bya CHUK, ku munota wanyuma yakuyemo akarenge asaba ko abari ku muha amajwi bayaha Monique bityo atsinda ku majwi 182 kuri 200 batoraga, mu gihe undi bari bahanganiye kuri uyu mwanya ariwe Mukeshimana Regine yabonye amajwi 7 .

Mukaruliza Monique uhawe kuyobora umujyi wa Kigali, yahoze ari Minisitiri muri minisiteri ishinzwe ibikorwa by’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba aho yayiyoboye kugera mu mwaka wa 2013 ubwo yakurwaga kuri uyu mwanya.

Mukaruliza Monique, nyuma yo kwamburwa Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’umuryango wa Afurika y’uburasirazuba yahawe kuba umuhuzabikorwa ku rwego rw’igihugu ushinzwe gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’imishinga y’umuhora wa ruguru.

Usibye Mukaruliza Monique watorewe kuyobora umujyi wa Kigali, hanatowe abayobozi b’umujyi bungirije aribo: Madamu Kazayire Judith, umuyobozi w’umujyi wa Kigali wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage na Busabizwa Parfait watorewe kuba umuyobozi w’umujyi wa Kigali wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere.

Uru rutonde ni urw’abayoboye umujyi wa Kigali mu myaka 20 ishize:

1) 1996-1997: Lt Col. Rosa Kabuye (icyo gihe yari Majoro)
2) 1997-1999: MUSONI Protais
3) 1999-2001: KABANDA Mariko
4) 2001-2006: MUTSINDASHYAKA Theoneste
5) 2006-2011: KIRABO Aissa KACYIRA
6) 2011-2016: NDAYISABA Fidel
7) 2016- ….. : Mukaruliza Monique

 

Intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5892 Posts

Politiki

4143 Posts

Ubuhinzi

148 Posts

Ubukungu

1021 Posts

Imyidagaduro

84 Posts

Imikino

148 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga