Ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga w’Ubwiherero “World toilet Day” mu Kagari ka Nteko, Umurenge wa Mugina ho mu Karere ka Kamonyi, kuri uyu wa 19 Ugushyingo 2025, Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi wungirije ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage, Uwiringira Marie Josée yibukije Abaturage kwita ku isuku y’Umubiri, iy’aho batuye, Bagenda ndetse n’aho bakorera. By’umwihariko, yabasabye kugira ubwiherero busa […]