• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
10/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
10/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
10/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
10/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Amahoro nta shakwa mu bihe by’Intambara n’amakuba gusa

Editor
September 17, 2015
Ifoto mahugurwa intyoza.com

Ifoto mahugurwa intyoza.comAmahugurwa y’iminsi ibiri yagenewe abanyamakuru yatangiye taliki ya 15 kugera 16 Nzeli 2015 , Abanyamakuru baturutse mu Rwanda n’abanyamakuru b’abarundi ariko bahungiye mu Rwanda kubera ibibazo by’umutekano muke uriyo, barahugurwa kuburyo barushaho kumenya amahoro no kuyigisha.

Muri aya mahugurwa abanyamakuru batandukanye barigishwa kandi bakibutswa icyo amahoro ari cyo, ibishobora kubangamira amahoro n’ibyatuma aboneka mugihe yabuze.

Umuyobozi wa Fondation St Dominiko Savio , umwe mubateguye bakanashyira mubikorwa aya mahugurwa aganira n’abanyamakuru yavuze ko ibibuza amahoro atari intambara gusa.

Ifoto Nsengiyumva Patrice
Nsengiyumva Patrice, umuyobozi wa Fondation St Dominiko Savio

Yagarutse kuri Ruswa nka kimwe mubikorwa bishobora kuba imbarutso yo kubura kw’amahoro , avuga ko aharangwa ruswa , ubukene n’ibibazo by’Ubukungu hamwe n’ibindi bitandukanye bishobora kuba inzitizi yatuma Amahoro aba ntayo.
Agaruka kuri aya mahugurwa yagenewe aba banyamakuru yavuze ko yateguwe hagamijwe cyane gutegura umunsi mpuzamahanga w’Amahoro uteganyijwe muri Nzeli taliki ya 21 uyu mwaka wa 2015.
Patrice avuga ko abanyamakuru bagomba gutegurwa kugira ngo bagire imyumvire imwe kuri uyu munsi mukuru mpuzamahanga w’Amahoro , bamenye ibitegurwa , ibigamijwe ndetse n’ibibangamiye Amahoro bibera hirya no hino ku Isi.

Abatanze ibiganiro bose bagiye bagaruka cyane ku kamaro k’Itangazamakuru mu kwimakaza umuco w’amahoro ndetse n’uruhare rwaryo muri rusanjye mugihe
Rikoreshejwe neza , cyane ko byagaragaye ko rikoreshejwe nabi rishobora kwangiza byinshi.
Hagarutswe kandi ku inshingano y’umunyamakuru w’Umwuga , imyitwarire n’imikorere ye hamwe n’ibigomba kumuranga no kumugaragaza mugihe atara , atunganya akanatangaza inkuru.

Share Article

Follow Me Written By

Editor

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga