• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
15/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
15/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
15/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Rurindo : Umunsi mpuzamahanga w’ubukerarugendo wasize bashyizeho nyirantarengwa

Editor
September 29, 2015

Taliki ya 27 nzeli 2015 ni umunsi mpuzamahanga wahariwe kuzirikana ubukerarugendo kw’Isi , mu Rwanda uyu munsi wizihirijwe mu karere ka Rurindo ahitwa ku kirenge akaba ari mu ntara y’amajyaruguru y’u Rwanda.
Aha kukirenge hafunguwe ku mugaragaro inzu ndangamuco  izajya igaragaza byinshi mu muco n’amateka byaranze u Rwanda  , aho abanyarwanda bose basabwa kugira umuco wo gusura ibyiza byabo bakabimenya  aho kwiharirwa n’abanyamahanga kandi ari  ibyabo bwite.

Kuva kuri meya wa Rurindo , Guverineri w’intara y’amajyaruguru , umuyobozi wa RDB ndetse na minisitiri w’umuco na siporo wari n’umushyitsi mukuru bose bahurije ku gusaba ko ibikorwa nk’icyo akarere ka Rurindo n’abaturage bako bakoze byakwiyongera henshi mu Rwanda bityo bikaba ikigega cy’ubukungu bushingiye ku bukerarugendo mu Rwanda.

Iyi nzu igizwe nibice byinshi bitandukanye bigaragaza amateka ya byinshi mu bikoresho byagiye biranga umuco w’Abanyarwanda ndetse na nubu bimwe bikaba bigihari ibindi bikaba ari amateka abantu basabwa kumenya kuko bifite byinshi bisobanuye mu mateka y’abanyarwanda. Abazwa iby’ikirenge cya ruganzu kitaragera muri iyi ngoro nshya , umuyobozi wa RDB yavuze ko bari mukureba uko cyahagezwa ngo kuko cyari kibitswe munzu ndangamurage y’i Huye cyane ko iyi ngoro aribwo icyuzura kandi kikaba cyaragombaga kugira aho kibikwa .

Minisitiri Uwacu Julienne ufite umuco mu nshingano ze , mu ijambo rye yashimiye abanyarurindo kuri iki gikorwa cyiza yise Nyirantarengwa bakoze ndetse asaba ko cyaba intangarugero ahandi hose mu Rwanda kandi ko hagomba gushyirwaho ingoro nk’iyi cyangwa ibindi byiza biranga amateka n’umuco w’abanyarwanda bigakurura abantu bakazana amafaranga kandi bagatahana ubumenyi.

Reba ibindi mu mafoto atandukanye yaranze uyu munsi.

Share Article

Follow Me Written By

Editor

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga