• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
15/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
15/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
15/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Inzozi ze kuri “Yego” ya Perezida Kagame zabaye impamo

Umwanditsi
January 6, 2016
Ifoto y'umukecuru

 Umukecuru w’imyaka isaga 64 y’amavuko anejejwe cyane no kuba Perezida Kagame Paul yaravuze “Yego” ku gihe gikwiye.

Munganyinka Dorothea utuye mu mudugudu wa Nyarusange, Akagari ka Karengera, umurenge wa Musambira mu karere ka Kamonyi ,avuga ko yishimiye cyane Yego ya perezida Kagame paul ngo kuko byari mu nzozi ze ngo dore ko yari yavuze n’igihe azayitangira bikaba impamo.

Perezida Kagame mu guha abanyarwanda ubunani bwa 2016 yagize ati“mwansabye kuzakomeza kuyobora igihugu nyuma ya 2017, nkurikije uburemere bwabyo n’imyumvikanire mwabihaye nta kuntu ntabyemera”. akomeza avuga ko hasigaye inzira zisanzwe bigomba kunyuramo igihe ni kigera.

Uyu mukecuru ubonesha ijisho rimwe kuko irindi ryapfuye, avuga ko mu rukundo akunda Kagame yumva igihe kimwe azamubona, avuga ko abanyarwanda aribo bamukeneye kuruta abo banyamahanga ngo kuko abanyarwanda bazi ibibakwiye nkuko abo nabo bamenya ibyabo.

Munganyinka avuga ko nta mashuri yize uretse umwaka wa kane w’amashuri abanza , avuga ko perezida Kagame bimwe mubyo amukundira ari uko arya ntacure abanyarwanda , ko akunda abaturage be kandi ingeri zose yihereyeho dore ko ngo yamuhaye gira inka.

Umukecuru Munganyinka
Umukecuru Munganyinka

 

Munganyinka niwe muturage hitegurwa amatora ya Referandumu wari watumye abadepite ko Perezida Kagame aramutse avuze oya nubwo yumvaga ko bidashoboka ngo bari bamusabye ko icyo gihe yateganya intebe Miliyoni enye iwe murugo abaturage bakagenda bakicarana nawe bakahava abibemereye.

Munganyinka abona imyaka7 ikurikira 2017 hari ibyo Perezida Kagame akwiye kwibanda ho.

  • Kwigisha, kugira inama no kwita cyane ku baturage bagifite imyumvire ikri hasi ( nk’abumva ko bagomba gushimishwa n’abana benshi nkaho ari imyaka barata yeze mu murima)
  • Gushishikariza abantu cyane urubyiruko kwihangira imirimo ( ariko ngo cyane guca burundu abirirwa bicaye ku tubari ngo kuko abenshi iyo babuze ayo kunywera aribo bavamo abajura n’abakora amakosa n’ibyaha bitandukanye).
  • Abayobozi kurushaho kwegera abaturage , kubumva no kubakemurira ibibazo.

Ifoto y'umukecuru

Munganyinka , avuga ko abanyamahanga batatabaye abanyarwanda mu gihe cy’amahano ya Jenoside yakorewe abatutsi muri mata 1994 , ubu batakagombye kuba bagira ijambo mu gihe igihugu gitemba amata n’ubuki kuko ngo na mbere y’uko baza abanyarwanda bari bazi gukora kandi bakibeshaho mu bushobozi bwabo.

 

intyoza

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga