• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Gutanga inshimwe no kwishimira “Yego” mu murenge wa Mugina

Umwanditsi
January 15, 2016

Abaturage b’umurenge wa Mugina mu Karere Ka Kamonyi nyuma y’amatora ya Referandumu yo gutora “Yego” bakoze ubusabane mu rwego rwo kwishimira kuba baratoye Yego kandi bakaza ku isonga mu karere kose.

Gutora Yego mu baturage ba Mugina ngo ntabwo ari ibyabagwiririye kuko kuri bo bavuga ko intego yabo iteka ari uguhora ku isonga mu kwesa imihigo ngo cyane ko no kurwego rw’akarere ka Kamonyi aribo baje ku isonga.

Ubusabane bwo kwishimira Yego bwateguwe n’abayobozi b’imidugudu mu rwego rwo kwerekana ko gushyira hamwe kwabo ariko kwabashoboje kumvikana n’abaturage bayobora ndetse bakabasha kugera ku ntego y’icyo bashakaga.

Mudahakana Dorosiyane umuturage wa Mugina waganiriye n’intyoza, avuga ko ubundi mugihe abantu barangije ibirori biba ari byiza iyo basubiye inyuma bakinenga bakareba ibyo bateguye ko byagenze uko babiteganyaga.

Gatete Asikari utuye umurenge wa Mugina, kuri we abona ko ubusabane n’ubundi bwahozeho mu banyarwanda kuva na kera mugihe babaga bafite ikibahuje kandi bishimira.

Karengera Siriveri umukuru w’umudugudu wa Bihenga wanahawe icyemezo cy’ishimwe cy’umudugudu ayobora, avuga ko bagikesha kuba abaturage baragaragaje cyane ubufatanye, ubwitabire , kuzinduka no gukora igikorwa basabwaga neza kandi vuba.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Mugina Nkurunziza Jean de Dieu wari witabiriye ibirori by’ubusabane, aganira n’intyoza yavuze ko abanyamugina bazi icyo bashaka kandi bazi uwo bakurikiye ari nayo mpamvu ibyabo babikora neza kandi vuba.

Nkurunziza agira ati “ Yego y’abaturage ni ibyifuzo byabo kandi uwo basabye ntiyabimye amatwi kuko yakiriye ugushaka kwabo nabo akabasubiza agira ati “ Yego”.

Ibyishimo byari byose
Ibyishimo byari byose

Mugina bagize udushya twinshi mu itora rya Referandumu nkaho bamwe mubaturage bafite imodoka bitanze kugirango zitware abasaza ndetse n’abafite intege nke, kuri ibi kandi bari bafite itorero ry’ababyinnyi ryataramiye abatoraga kuva amatora atangiye kugera ahumuje.

Ubusabane bw’abanyamugina bwaranzwe no kwishima , gusangira ibyo bari bateganije hamwe no gushimira cyane abaturage bagaragaje ugushaka kwabo bagatora yego kandi bigaragara ko bumviswe kuko uwo basabye nawe yabasubije Yego .

Ijambo mu busabane

 

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. ruzigana says:
    January 16, 2016 at 3:31 am

    Birashimishije!
    Ku Mhgina barasobanutse!

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga