• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
26/03/26
Kamonyi-Nyarubaka: Umwana w’imyaka 4 y’amavuko yapfuye azize Ibiza
26/03/26
Kamonyi-Nyarubaka: Ingurube yabaye igitambo ku muryango wararanaga n’Amatungo, harokoka Ihene
26/03/26
Kamonyi: Meya Dr Sylvere Nahayo, ahaye komite nshya ya PSF umukoro
26/03/26
Minisitiri Uwimana Consolée, ati“ Akarere ka Kamonyi gashobora kuba karatekereje ko kageze iyo kajyaga”

Kamonyi: Umusaza Habiyakare Joseph yapfuye azize urukuta rw’inzu

Umwanditsi
February 5, 2016

Ku myaka 63 y’amavuko Habiyakare apfuye azize impanuka y’urukuta rw’inzu rwamugwiriye.

Habiyakare Joseph w’imyaka 63 y’amavuko, mwene Karahamuheto Andereya na Girimpundu Euphasie ubwo yasanaga ikiraro cy’inzu yasanaga yagwiriwe n’urukuta ahita apfa.

Ikiraro cy’inzu y’amatungo cyasanwaga cyahitanye nyakwigendera ni icy’umuturanyi we witwa Kaboyi Albert utuye mu murenge wa Gacurabwenge, akagari ka Gihinga mu mudugudu wa Ryabitana.

Igikuta cy'inzu cyaguye kigahitana Joseph Habiyakare.
Igikuta cy’inzu cyaguye kigahitana Joseph Habiyakare.

Ahagana mu ma saa sita z’amanywa nibwo ibi byabaye, nyakwigendera akaba ubwo yagwirwaga n’urukuta atahise apfa ngo ahubwo yajyanywe iwe ari naho yaguye.

Tuyisabe Fulgenci waherezaga uyu musaza amufasha kubaka avuga ko byabaye areba ngo kuko yari avuye kuzana amatafari y’inkarakara bubakishaga maze bihera aho bari bubatse mbere birakaka aribwo byahise bigwa byose hamwe nibyo bari barimo bubaka.

Agira ati”yantumye amatafari munsi y’urugo nkihagera kubera aho twasanaga hari harashwenyutse nuko bihita bimugwira aratubwira ngo tumujyane murugo arumva nubundi yapfuye nuko tumujyana murugo iwe”.

Umusaza Habiyakare Joseph wapfuye ngo asanzwe ari umufundi mu gace yari atuye mo, ibyamugwiriye ngo byamutunguye nk’uko uwamufashaga kubaka yabitangaje.

 

Munyaneza Theogene

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5941 Posts

Politiki

4190 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1047 Posts

Imyidagaduro

87 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga