• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Kamonyi: Ari mubitaro azira kujya gushakira umugabo we mu kabari

Umwanditsi
February 9, 2016

 

Nyuma yo kumenya ko umugabo we hari akabari anywera mo agakeka ko azashiduka agiye ubutareba inyuma yagiye kumwishakira ahahurira n’uruva gusenya.

Nyiransabimana Marceline utuye mu kagari ka Kabagesera mu murenge wa Runda yigirijweho nkana na nyiri akabare umugore mugenzi we , akubitwa inkoni zitazwi, amacupa y’inzoga ndetse ngo ntiyatabarwa n’umugabo we kandi ahari.

Uyu Nyiransabimana avuga ko yakubiswe n’umugore ucururiza muri aka kagari abagabo bagera muri bane nuwe arimo barebera,umugore wamukubise akaba ahamaze igihe kigera ku mezi abiri ahacururiza bakaba bakunze kumwita bazonge.

Marceline avuga ko ubucuti bw’umugabo we n’uyu mugore yari amaze igihe abuzi ngo kwihanga byaramunaniye ngo kuko yajyagayo akanywa akaza bukeye cyangwa akeshereje.

Marceline nubwo ibi byose byabaye nawe abamubonye bavuga ko yaba yabanje kunyura mu isantere ya Gihara agafata kugatama ubundi akerekeza iyo yakekeraga umugabo we ari naho yamusanze rukambikana na nyiri akabare.

Uyu mugore Nyiri akabare yemerera ko yakubise Marceline ndetse akemera no kumuvuza nubwo nawe ngo yahakomerekeye ngo ibyabaye ntabwo yabiteguye ngo kuko yabikoze yirwanaho kuko yari atewe iwe.

Nyiri akabare ntabwo ahakana ko uyu mugabo wa Marceline yari ahari ariko akavuga ko yari kumwe n’abandi bagabo basangi ko rero atagombaga kubazwa ibye kuko we acuruza , gusa abagabo bahanyweraga ngo ntibigeze bagira icyo bakora na kimwe ubwo aba bagore barwanaga.

Intandaro y’uru rugomo rwose ngo ni inzoga z’inkorano zizwi ku izina rya Muriture n’izindi zengerwa muri aka kagari izindi zikarangurirwa ahandi nyamara benshi bagahamya ko hari bamwe mubayobozi b’inzego zibanze babifitemo inyungu ndetse n’abaturage banga kuzivirira kuko ngo zigura make.

 

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga