• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
15/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
15/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
15/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Kamonyi: Mugina bashimiye kandi bahemba abalimu babaye indashyikirwa

Umwanditsi
February 15, 2016

 

Imbere ya bagenzi babo abalimu 10 mu bagera ku 170 bo mu murenge wa Mugina, bashimiwe n’ubuyobozi bw’umurenge

Kuri uyu wa 14 Gashyantare 2016, ubuyobozi bw’umurenge wa Mugina bwakoze igikorwa cyo guhemba abalimu babaye indashyikirwa mu gutsindisha abanyeshuri ndetse n‘ibigo byarushije abandi mu gutsindisha abanyeshuri.

Muri iki gikorwa cyo gushimira no guhemba abalimu ndetse n’ibigo byabaye indashyikirwa, hanabaye ubusabane dore ko byahuye n’umunsi wiririwe abakundana aho abalimu bavuze ko ubuyobozi bwaberetse ko bubakunze.

Hafashimana Dismas umwalimu mu rwunge rw’amashuri rwa kiyonza wahawe icyemezo cy’ishimwe, avuga ko mu masomo atatu yigisha, yagejeje abana yigisha ku rwego rushimishije ndetse bakaba ngo baratsinze bose uko bakoze ibizami bya Leta mu mwaka wa 2015.

Umurezi Dismas ahabwa icyemezo cy'ishimwe.
Umurezi Dismas Hafashimana ahabwa icyemezo cy’ishimwe.

Dismas avuga ko ibanga ryo gutsinda ni ari uguha abana ibyo ufite ku rugro ruhagije, ukabafasha mu mikorere yabo ya buri munsi, ukabaremamo icyizere ubereka ko byose bishoboka ko kandi muri bo ariho hari imbaraga zo gutsinda.

Nyirabahire Marie Grace umuyobozi w’ishuri ribanza rya Nyagisozi mu murenge wa Mugina, avuga ko ishimwe bahawe ari iry’uko bakoze neza mu mwaka w’amashuri wa 2015 abana basozaga amashuri abanza bagatsinda bose kandi ku kigero gishimishije.

Nyirabahire avuga ko ibanga ntarindi uretse gukora umurimo wabo uko bikwiye, guhuriza hamwe no kujya inama, kugerera ku kazi ku gihe ku balimu n’abayobozi, kwitabwaho n’ubuyobozi ngo cyane ubw’umurenge.

Abalimu, Abayobozi bari mu cyumba basabanye bannywa banarya.
Abalimu, Abayobozi bari mu cyumba basabanye bannywa banarya.

Nkurunziza Jean de Dieu umuyobozi w’umurenge wa Mugina, yabwiye abarezi ko igihugu kizi kandi kizirikana umurimo ukomeye wo kurerera igihugu bakora ko ariyo mpamvu nk’ubuyobozi bakora uko bashoboye ngo bababe hafi.

Nkurunziza avuga ko imbaraga n’ubwenge ku barezi bitagarukira mu kwigisha gusa ngo kuko no muzindi nzego aho asabwe umusanzu awutanga kandi umusaruro mwiza akawugaragaza, aha Gitifu akaba yatanze ingero z’abarimu bari mu bunzi, Njyanama z’utugari n’umurenge n’ibindi.

Uku gusabana no gushimira abarezi babaye indashyikirwa ngo ni igikorwa ubuyobozi bw’umurenge wa Mugina bukora inshuro eshatu mu mwaka; umunsi wa Mwalimu, Umunsi w’Umurimo n’umunsi wo gutangira umwaka bishimira ibyo bagezeho banafata ingamba nshya.

 

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

One Comment

  1. kizi games says:
    March 9, 2016 at 1:48 am

    Thank you for that good post.

Comments are closed.

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga