Uganda: Ibintu ntabwo byoroheye abarwanya Perezida Museveni

 

Mu gihe hitegurwa amatora mu minsi ibiri, abarwanya Perezida Museveni bo mu myigaragambyo ntiborohewe.

Kugera mu gitondo cyo kuri uyu wa 16 Gashyantare 2016, Imyigaragambyo muri Uganda cyane kubashyigikiye Dr Kiiza Besigye yari igikomeje nyuma y’uko uwo bashyigikeye yari yafashwe n’abashinzwe umutekano ba y’Uganda ariko akarara arekuwe.

Dr Kiiza Besigye, umwe mubahanganye mu matora na Perezida Yoweli Kaguta Museveni, ubwo yiyamamazaga kuri uyu wa 15 Gashyantare 2016 muri Arua Park i Kampala yafashwe na Polisi ya Uganda ashinjwa kwiyamamariza ahatemewe bituma imyigaragambyo y’abamushyigikiye irushaho gukara.

Abapolisi n'Abasirikare mu gukumira imyigaragambyo i Kampala.
Abapolisi n’Abasirikare mu gukumira imyigaragambyo i Kampala.

Polisi ya Uganda hamwe n’Igisirikare, ntabwo bihanganiye abaturage bashyigikiye Dr Besigye mu kurwanya Perezida Museveni, abigaragambya batewe ibyuka biryana mu maso ndetse n’inkoni rugeretse mu rwego rwo kubabuza imyigaragambyo.

Mugihe kwiyamamaza bikomeje hitegurwa amatora y’uzayobora Uganda, Perezida Museveni unahabwa amahirwe bivugwa ko yaba arimo akoresha imbaraga nyinshi mu guca intege abamurwanya kugira ngo ibikorwa byabo byo kwiyamamaza bicibwe intege cyangwa se biburizwemo.

 

Intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →