• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/10/25
Kamonyi-Rugalika: Gitifu Nkurunziza yagarutse ku gaciro no gukomera k’Umugore, abaha umukoro
18/10/25
Kamonyi-Rugalika/Ruramba: Ihaniro(Igikari cy’Umubyeyi) ryashyize Abagore ku murongo
18/10/25
Ibihumbi 50 byamuhesheje amahirwe yo gutsindira hafi Miliyoni imwe muri FORTEBET
18/10/25
Kamonyi-Rugalika: Umugabo uzwi ku izina rya Lizembe yapfuye Umugore yisanga mu maboko atari aye

Perezida Museveni yongeye gutorerwa kuyobora Uganda imyaka itanu

Umwanditsi
February 20, 2016

 

Ku majwi 60, 75% niyo atumye Yoweli Kaguta Museveni wari usanzwe ayobora Uganda yongera kugirirwa icyizere agatorerwa indi myaka 5 iri imbere.

Komisiyo y’amatora muri Uganda Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 20 Gashyantare 2016 yatangaje bidasubirwaho ko ku bakandida umunani bahataniraga kuyobora Uganda Museveni ariwe wagiriwe watorewe  kuyobora Uganda mu myaka 5 iri imbere.

Dr Kiiza Besigye w’ishyaka FDC umwe mu bakandida bahabwaga amahirwe akaba yanagize amajwi 35.37 ari nawe wakurikiye Museveni, nyuma yo gutangarizwa ibyavuye mu matora yabyamaganiye kure avuga ko atabyemera.

Aya matora nubwo arangiye Museveni ayatsinze, benshi mubakurikiranira hafi ibya Uganda bavuga ko ibintu bishobora kutazagenda neza cyane ko Dr Besigye n’abamushyigikiye batemera ibyatangajwe na komisiyo y’amatora aho bavuga ko amajwi yibwe.

Bashingiye kubyo bagiye babona, indorerezi zakurikiranye aya matora zirimo iz’ibihugu by’Ubumwe bw’u Burayi zatangaje ko amatora atagenze neza bitewe ahanini nuko hamwe na hamwe havuzwe ibikorwa byo kwiba amajwi, ibikoresho by’amatora bitabonekeye igihe, gufunga imbuga nkoranyambaga n’ibindi bikorwa byibasiye abatavuga rumwe na Museveni.

Igihe cy’imyaka 5 Perezida museveni yatorewe cyo gukomeza kuyobora Uganda kiriyongera ku myaka 30 amaze ayobora iki gihugu dore ko yafashe ubutegetsi mu 1986, igikomeje kwibazwa na benshi ni ibizakurikira aya matora dore ko Besigye n’abamushyigikiye bayamagana bagasaba n’amahanga kutemera aya matora.

 

Intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5892 Posts

Politiki

4143 Posts

Ubuhinzi

148 Posts

Ubukungu

1021 Posts

Imyidagaduro

84 Posts

Imikino

148 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga