• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Perezida Museveni yongeye gutorerwa kuyobora Uganda imyaka itanu

Umwanditsi
February 20, 2016

 

Ku majwi 60, 75% niyo atumye Yoweli Kaguta Museveni wari usanzwe ayobora Uganda yongera kugirirwa icyizere agatorerwa indi myaka 5 iri imbere.

Komisiyo y’amatora muri Uganda Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 20 Gashyantare 2016 yatangaje bidasubirwaho ko ku bakandida umunani bahataniraga kuyobora Uganda Museveni ariwe wagiriwe watorewe  kuyobora Uganda mu myaka 5 iri imbere.

Dr Kiiza Besigye w’ishyaka FDC umwe mu bakandida bahabwaga amahirwe akaba yanagize amajwi 35.37 ari nawe wakurikiye Museveni, nyuma yo gutangarizwa ibyavuye mu matora yabyamaganiye kure avuga ko atabyemera.

Aya matora nubwo arangiye Museveni ayatsinze, benshi mubakurikiranira hafi ibya Uganda bavuga ko ibintu bishobora kutazagenda neza cyane ko Dr Besigye n’abamushyigikiye batemera ibyatangajwe na komisiyo y’amatora aho bavuga ko amajwi yibwe.

Bashingiye kubyo bagiye babona, indorerezi zakurikiranye aya matora zirimo iz’ibihugu by’Ubumwe bw’u Burayi zatangaje ko amatora atagenze neza bitewe ahanini nuko hamwe na hamwe havuzwe ibikorwa byo kwiba amajwi, ibikoresho by’amatora bitabonekeye igihe, gufunga imbuga nkoranyambaga n’ibindi bikorwa byibasiye abatavuga rumwe na Museveni.

Igihe cy’imyaka 5 Perezida museveni yatorewe cyo gukomeza kuyobora Uganda kiriyongera ku myaka 30 amaze ayobora iki gihugu dore ko yafashe ubutegetsi mu 1986, igikomeje kwibazwa na benshi ni ibizakurikira aya matora dore ko Besigye n’abamushyigikiye bayamagana bagasaba n’amahanga kutemera aya matora.

 

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga