• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
16/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
16/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
16/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

Umujyi wa Kigali urayoborwa na Mukaruliza Monique mu myaka itanu iri imbere

Umwanditsi
February 29, 2016

 

Mu matora yo gushaka umuyobozi w’umujyi wa Kigali usimbura Ndayisaba Fidel, Mukaruliza niwe wegukanye amajwi amuhesha kuwuyobora.

Kuri uyu wa mbere Taliki ya 29 Gashyantare 2016, Mukaruliza Monique ahagana ku isaha ya saa sita n’iminota mirongo itatu nibwo yatangajwe ko atsindiye kuyobora umujyi wa Kigali.

Umwe mu bari bahanganye na Mukaruliza ariwe Dr Hategekimana Theobald usanzwe ayobora ibitaro bya CHUK, ku munota wanyuma yakuyemo akarenge asaba ko abari ku muha amajwi bayaha Monique bityo atsinda ku majwi 182 kuri 200 batoraga, mu gihe undi bari bahanganiye kuri uyu mwanya ariwe Mukeshimana Regine yabonye amajwi 7 .

Mukaruliza Monique uhawe kuyobora umujyi wa Kigali, yahoze ari Minisitiri muri minisiteri ishinzwe ibikorwa by’umuryango wa Afurika y’iburasirazuba aho yayiyoboye kugera mu mwaka wa 2013 ubwo yakurwaga kuri uyu mwanya.

Mukaruliza Monique, nyuma yo kwamburwa Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’umuryango wa Afurika y’uburasirazuba yahawe kuba umuhuzabikorwa ku rwego rw’igihugu ushinzwe gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’imishinga y’umuhora wa ruguru.

Usibye Mukaruliza Monique watorewe kuyobora umujyi wa Kigali, hanatowe abayobozi b’umujyi bungirije aribo: Madamu Kazayire Judith, umuyobozi w’umujyi wa Kigali wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage na Busabizwa Parfait watorewe kuba umuyobozi w’umujyi wa Kigali wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere.

Uru rutonde ni urw’abayoboye umujyi wa Kigali mu myaka 20 ishize:

1) 1996-1997: Lt Col. Rosa Kabuye (icyo gihe yari Majoro)
2) 1997-1999: MUSONI Protais
3) 1999-2001: KABANDA Mariko
4) 2001-2006: MUTSINDASHYAKA Theoneste
5) 2006-2011: KIRABO Aissa KACYIRA
6) 2011-2016: NDAYISABA Fidel
7) 2016- ….. : Mukaruliza Monique

 

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga