• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
08/05/26
Mu itangazamakuru haracyarimo icyuho ku gukora inkuru ku ngengo y’Imari- Fulgence/FOJO
08/05/26
Musambira-Kwibuka32: Guha uwishwe Uburuhukiro bwa nyuma ni intambwe ikomeye mu komora ibikomere by’abakiriho- Benedata Zacharie/Ibuka
08/05/26
Kamonyi-Kwibuka32: The Brothers F.C yatsinze Arsenal 3-2 mu mukino wo Kwibuka abari Abasiporutifu
08/05/26
Nyarubaka-Kwibuka32: Bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, bunamira kandi bashyira indabo ahiciwe abana basaga 100

Imyanzuro y’Umwiherero wa 13 w’Abayobozi bakuru b’Igihugu yatangarijwe Abanyarwanda

Umwanditsi
March 17, 2016

Umwiherero w’Abayobozi bakuru b’Igihugu nubwo imyanzuro yawo itahise ikorwa bakiwusoza nk’ibisanzwe ngo itangazwe, nyuma yatunganijwe neza ishyikirizwa abo bireba inatangarizwa abanyarwanda.

                                Imyanzuro yashyikirijwe inzego bireba, ndetse itangarizwa Abanyarwanda.

  1. Guhuza ingamba zo gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro ifatirwa mu Mwiherero w’abayobozi, Inama y’Igihugu y’Umushyikirano no mu zindi nama nkuru zifatirwamo ibyemezo, kugira ngo imyanzuro yose iba yafashwe ijye ishyirwa mu bikorwa kandi ku gihe.
  2. Gushyira imbaraga mu kugaruza umutungo wa leta wanyerejwe no kurwanya ruswa iyo ariyo yose, kandi mu byiciro byose.
  3. Kunoza uburyo bwo kwegeranya ibimenyetso ku cyaha cya ruswa n’ibindi byaha, kandi igihe cyose habonetse amakuru ajyanye na ruswa, inzego zibishinzwe zikihutira gufata ibyemezo bikwiye byo mu rwego rw’akazi no kubikurikirana mu nkiko, kandi abatanga amakuru bakarushaho kurengerwa no kubishishikarizwa.
  4. Kugabanya ku buryo bugaragara ingendo z’akazi zikorerwa mu bihugu byo hanze, hagasigara izifitiye akamaro Igihugu, kandi aho bishoboka hakajya hakoreshwa abahagarariye u Rwanda mu mahanga.
  5. Kwihutisha ibikorwa bigenda gahoro byo mu cyerekezo 2020, gahunda y’Imbaturabukungu ya kabiri (EDPRS2) na gahunda ya guverinoma y’imyaka 7 (7YGP), kugira ngo byubahirize ingengabihe yagenwe kandi birusheho gutanga umusaruro.
  6. Kunoza itangwa rya serivisi zihabwa abaturage mu nzego zose za leta n’iz’abikorera hifashishijwe ikoranabuhanga nka Rwanda Online, kandi abaturage bakarushaho gusobanukirwa uko rikoreshwa.
  7. Kwihutisha ishyirwa mu bikorwa rya gahunda zifasha abahinzi n’aborozi kubonera ifumbire n’imbuto ku gihe, hanashyirwa imbaraga mu gushyiraho gahunda zo gutubura imbuto z’indobanure no gukorera ifumbire mu gihugu no kubunganira mu buryo buhoraho mu gucunga amazi n’ibikoresho byo kuhira mu byanya byatunganyijwe, kugira ngo hongerwe umusaruro ku buryo bugaragara.
  8. Gushyira mu bikorwa ku buryo buhamye amasezerano hagati y’abahinzi-borozi n’abanyenganda, agamije kongera umusaruro no kuwugemurira inganda kugira ngo zongere ubushobozi bwazo.
  9. Guhindura imyumvire y’Abanyarwanda kugira ngo turusheho gukunda no gukoresha ibikorerwa mu Rwanda no gushyiraho uburyo bwo gukurikirana uko bishyirwa mu bikorwa.
  10. Guteza imbere ku buryo bwihariye inganda zongerera agaciro ibiboneka mu Rwanda: ibiti, amata, impu, amabuye; n’inganda zikora imyenda n’inkweto.
  11. Gutangiza gahunda yo korohereza Abanyarwanda kuzigama no kwiteganyiriza mu buryo burambye, no kongera ubushobozi bwa BRD kugira ngo irusheho gushyigikira inganda.
  12. Gukaza umurego mu gushyira mu bikorwa ingamba zo kubungabunga uburenganzira bw’abana n’izo guca ikibazo cy’imirire mibi yabo, gukumira impamvu zituma abana bajya mu mihanda cyangwa bata amashuri, no guca burundu icuruzwa ry’abantu.
  13. Gukurikirana abantu bose barebera bakanahishira abahohotera abana, cyane cyane abayobozi, no guhana ababyeyi batita ku bana babo.
  14. Kwihutisha iyubakwa rya laboratwari y’igihugu ipima DNA n’ibindi bifitanye isano nayo (Rwanda forensic laboratory) kugira ngo itangire gukora.

Imyanzuro yose, Umukuru w’Igihugu Paul Kagame, asoza umwiherero w’abayobozi bakuru b’Igihugu yasabye ko yandikwa, itunganywa neza hanyuma ikazohererezwa buri wese ireba.

 

Intyoza.com

 

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5959 Posts

Politiki

4207 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1050 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga