• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
30/10/25
Muhanga: Itsinda ry’abakekwaho ibikorwa by’Ubugizi bwa nabi batawe muri yombi
30/10/25
Kamonyi-Musambira/HC: Nyuma y’Amezi asaga 8 basa n’abakorera mu manegeka, mu Buhungiro bagarutse
30/10/25
Umunyamahirwe muri FORTEBET yatahanye asaga Miliyoni ku Ipari ebyiri zisa
30/10/25
Kamonyi-Rugalika: Ubufatanye bw’Ababyeyi n’Ubuyobozi bwa GS Ruramba, urugero rw’ibishoboka

Polisi y’u Rwanda yohereje abagera kuri 70 mu butumwa bw’Amahoro

Umwanditsi
March 17, 2016

Abapolisi b’u Rwanda 70 nibo boherejwe mu butumwa bw’Amahoro i Malakal mu gihugu cya Sudani y’epfo.

Nkuko tubikesha urubuga rwa Polisi y’u Rwanda, abapolisi 70 nibo bagize itsinda ry’abagiye mu butumwa bw’Amahoro mu gace ka Malakal ho muri Sudani y’Amajyefo.

Aba bapolisi ntabwo aribo bambere bagiye muri ubu butumwa bw’Amahoro muri iki gihugu, bagiye basangayo bagenzi babo bagera 170 basanzwe bakorera muri aka gace.

IGP Emmanuel K. Gasana, umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda mu cyumweru gishize ngo yahaye ubutumwa aba bapolisi abasaba kurangwa no gushyira hamwe kandi bagakora ibishoboka byose bagasoza ubutumwa bw’Amahoro bagiyemo neza.

Mu mpanuro bahawe n’uyu muyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, bibukijwe ndetse babwirwa ko bagomba gukora kinyamwuga ndetse bakagaragaza isura nziza y’Igihugu cyabo.

Abapolisi bagiye, mu guhagurukira ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya kanombe ntabwo bagiye bonyine kuko ngo bajyanye n’abasirikare bagiye gusimbura abasanzwe mu butumwa bw’amahoro bwa Loni muri iki gihugu cya Sudani y’epfo(UNMISS).

Mu kugenda, basezewe na Komanda wa Brigade ya 201, Koloneli Aloys Ngoga Kayumba, wari kumwe na Assistant Commissioner of Police (ACP) Felix Bahizi Rutagerura akaba ahagarariye ishami rya Polisi rishinzwe ubutumwa bw’amahoro.

Mbere y’uko burira indege, Col Aloys Ngoga Kayumba, yabwiye abapolisi n’abasirikare ko bagomba kubaha umuco w’igihugu bagiyemo, aho yagize ati” mugomba kurangwa n’ikinyabupfura ku rwego rwo hejuru kandi ndizera ko nimubyubahiriza muzagaruka mu gihugu cyanyu n’ishema ryinshi”.

Kugeza ubu Muri Sudani y’Epfo, habarirwaga abapolisi b’Abanyarwanda 170, ubu hakaba hiyongereyeho aba 70 bitumye igihugu cy’u Rwanda kigira abapolisi 240 mu butumwa bw’amahoro muri iki gihugu cya Sudani y’Epfo (UNMISS).

 

Intyoza.com

 

 

 

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5901 Posts

Politiki

4152 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1025 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

151 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga