• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
16/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
16/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
16/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

Ese koko Yakobo Bihozagara yaba yiciwe muri gereza i Burundi ?

Umwanditsi
March 30, 2016

Jacques Bihozagara wahoze ari minisitiri mu Rwanda akaba yaranabaye ambasaderi w’u Rwanda mu Bubiligi no mu Bufaransa, kuri ubu akaba yari afungiwe mu gihugu cy’u Burundi, biravugwa ko yaba yitabye Imana aguye muri gereza ya Mpimba nubwo aya makuru ataremezwa.

arton3124

Amb. Yakobo Bihozagara bivugwa ko yaba yishwe

“Inzego zacu zataye muri yombi kuwa Gatanu Umunyarwanda witwa Jacques Bihozagara (…) Akekwaho gukorera inzego z’ubutasi z’igihugu cye”, uwo ni umwe mu bakozi b’inzego z’iperereza z’u Burundi wirinze ko amazina ye atangazwa ubwo yavuganaga na AFP nyuma y’ifatwa rya Jacques Bihozagara mu mpera z’umwaka ushize.

Amakuru kuri ubu ari gucicikana ku rubuga nkoranyambaga rwa twitter aravuga ko Jacques Bihozagara yaba yishwe hakoreshejwe uburozi aho yari afungiye.

Bihozagara1

Bivugwa ko nyuma yo kujya mu zabukuru, Jaques Bihozagara yahise atangira kwikorera ku giti cye, aho yanajyaga i Burundi kenshi muri business nk’uko umwe mu bakozi bakuru muri minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Rwanda yabitangarije AFP kuri telephone icyo gihe.

Ese aya makuru yaba ari ukuri? Ese niba ari ukuri uyu musaza yaba yazize iki ko na nyuma yo gutabwa muri yombi ubuyobozi bw’u Burundi butigeze bumugeza imbere y’ubutabera ngo butangaze ibyaha bwamushinjaga?

Ambasaderi w’u Rwanda mu gihugu cy’Uburundi Amb.  Amandin Rugira, ku rubuga rwe rwa Twitter, yavuze ko babonye amakuru kuri iki gicamunsi avuga ko Bihozagara yaba yapfiriye muri Gereza ya Mpimba ariko ko bataramenya neza iby’urupfu rwe.

Rugira

 

 

Aya makuru turacyakomeza kuyakurikirana.

 

Munyaneza / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga