• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
15/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
15/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
15/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Leta y’u Rwanda yasabye u Burundi kuyiha ubusobanuro bufatika ku rupfu rwa Yakobo Bihozagara

Umwanditsi
March 31, 2016

Nyuma y’amakuru avuga ko Jacques Bihozagara yapfiriye i Burundi, Leta y’u Rwanda irasaba uburundi kuyiha ubusobanuro bufatika ku by’uru rupfu.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu Taliki ya 30 Werurwe 2016, nibwo amakuru yatangiye gucicikana hirya no hino mu bitangazamakuru ko umunyarwanda Jacques Bihozagara yapfiriye i Burundi muri gereza yari afungiyemo ya Mpimba.

Iyi nkuru ubwo yamenyekanaga, Ambasaderi Rugira Amandin uhagarariye u Rwanda mu gihugu cy’u Burundi abinyujije kurukuta rwe rwa Twitter, yatangaje ko ayo makuru y’urupfu rwa Bihozagara bayumvise ko gusa bataramenya impamvu yarwo.

Jacques Bihozagara, kuva umwaka ushize yari afungiye mu gihugu cy’uburundi ashinjwa na Leta y’u Burundi kuba intasi ya Leta y’u Rwanda, amakuru avuga ko yapfiriye muri gereza ya Mpimba ho mu Burundi ndetse bamwe bagatekereza ko yaba yarahawe uburozi.

Ngoga Eugene, umuyobozi muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ushinzwe afurika, yatangaje ko Jacques Bihozagara ari umwe mu banyarwanda benshi bagiye bicwa urupfu rw’agashinyaguro cyangwa bagapfa mu buryo budasobanutse mu gihugu cy’uburundi mu mezi ashize.

Ngoga, yakomeje avuga ko minisiteri y’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane y’u Rwanda yifuza kubona amakuru ya nyayo asobanutse aturutse ku bategetsi b’u Burundi  ku impamvu y’urupfu rwa Bihozagara hanyuma kandi bakanasobanura impamvu yatumye afungwa kuva mu Ukuboza umwaka ushize.

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Rwanda, yasabye kandi abategetsi b’u Burundi korohereza umuryango wa nyakwigendera ukabasha gufata umurambo we ukazanwa mu Rwanda nk’uko tubikesha urubuga rw’iyi minisiteri.

Jacques Bihozagara, twibutse ko azwi muri Politike y’u Rwanda kuko yigeze kuba Minisitiri, yabaye kandi Ambasaderi mu gihugu cy’Ubufaransa ndetse no mugihugu cy’Ububirigi. Apfiriye i burundi aho yarafungiye mu buryo u Rwanda ruvuga ko butari bwubahirije amategeko kuva mu kuboza k’umwaka ushize.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga