• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
04/11/25
Ipari yakoze ku bikubo ku mukino wose ndetse n’Ibitego byamuhesheje akayabo ka 1,531,607Frws
04/11/25
Kamonyi-Gacurabwenge: Polisi yataye muri yombi Itsinda ry’Abantu 5 barimo Umugore bakekwaho ubugizi bwa nabi
04/11/25
Kamonyi-GS Ruramba:“ Ishuri ryanjye, Urukwavu rwanjye”, Umushinga wo gukundisha abana Ishuri
04/11/25
Muhanga: Itsinda ry’abakekwaho ibikorwa by’Ubugizi bwa nabi batawe muri yombi

Muhanga: Umukozi wa SACCO akurikiranyweho kunyereza amafaranga

Umwanditsi
May 6, 2016

Umukozi wa Sacco ya Rugendabari, afunzwe akekwaho kunyereza amafaranga y’u Rwanda Miliyoni 7.

Umukozi wa Sacco y’umurenge wa Rugendabari mu karere ka Muhanga yatawe muri yombi akekwaho kunyereza miliyoni 7 z’amafaranga y’amanyarwanda.

Nshimiyimana Philbert, nkuko tubikesha Polisi y’u Rwanda, ngo asanzwe atanga amafaranga ku bagana Sacco, yafashwe ku italiki ya 4 Gicurasi nyuma y’uko umucungamari w’iriya Sacco atahuriye icyuho mu bitabo bimwe.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, Chief Inspector of Police (CIP) Andre Hakizimana yavuze ko nyuma yo kwakira ikirego, uyu mugabo yabaye afunzwe kugira ngo iperereza rikorwe neza.

CIP Hakizimana yagize ati:”Iperereza ry’ibanze ryatumye hafatwa ibitabo by’ibihimbano byakoreshwaga n’uyu ukekwa, aho yandikaga amafaranga akurikiranyweho”.

Yagize kandi ati:”Nshimiyimana yari afite ibitabo bye ku ruhande yandikamo abakiliya babikije amafaranga, akaba nta handi hantu yajyaga abandika mu bitabo bisanzwe bya Sacco; ibi turabifite kandi bizafasha mu iperereza ariko twanasabye ubuyobozi bw’iriya Sacco gukora igenzura ryimbitse ngo hamenyekane umubare w’amafaranga nyayo yaburiwe irengero”.

CIP Hakizimana, avuga ko kurwanya ikoreshwa nabi ry’ibya rubanda na ruswa biri mu byo Polisi y’u Rwanda irwanya ishyizemo ingufu.

Polisi y’u Rwanda yashyizeho  ishami rishinzwe kurwanya ruswa ( Anti-corruption unit) ndetse n’irindi rirwanya ibyaha bimunga umutungo (public fund embezzlement unit) zombi ziri mu ishami ry’ubugenzacyaha(CID) kugirango abanyereza umutungo wa rubanda bakurikiranwe.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

 

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5904 Posts

Politiki

4155 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1027 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

152 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga