• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Umunsi w’umujura wamugereyeho baramucakira

Umwanditsi
May 14, 2016

Polisi y’u Rwanda ifunze umugabo ukekwaho kwica inzugi z’imodoka akiba iby’agaciro asanzemo.

Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Nyarugenge, yataye muri yombi umusore witwa Hitimana Albert ukekwaho kuba mu gatsiko k’abajura bica inzugi z’imodoka aho ziba zihagaze, bakiba ibikoresho by’ikoranabuhanga biba birimo nka za mudasobwa, telephone zigendanwa na Radiyo zo mu modoka.

Hitimana yafatiwe mu kiyovu nyuma yo kwica urugi rw’imodoka, akibamo amafaranga y’u Rwanda miliyoni eshatu n’ibihumbi magana inani (3,800,000Frw).

Umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali Superintendent of Police (SP) Emmanuel Hitayezu, yavuze ko uyu musore asanzwe azwi muri ibi bikorwa by’ubujura kuko yabifatiwemo inshuro nyinshi.

SP Hitayezu, yagize ati:” Hitimana yafashwe n’abaturage bari bari hafi y’aho iyo modoka yari ihagaze nyuma yo kumubona amaze kuyica urugi akayinjiramo”.

Yakomeje avuga ati:”Nyirayo ni umucuruzi wari uyihagaritse aho, hanyuma Hitimana ayica urugi yinjiramo ariko mbere y’uko ayisohokamo abaturage bari hafi aho bahise batabara bamukingiraniramo, kugeza ubwo nyirayo aje nawe ahamagara Polisi iratabara, akaba yarasanganywe amafaranga y’u Rwanda miliyoni eshatu n’ibihumbi magana inani(3,800,000Frw) yari amaze kwiba muri iyo modoka”.

SP Hitayezu, yavuze ko Polisi ikiri mu iperereza kuko nyir’imodoka witwa Ntambara David avuga ko mu modoka ye harimo miliyoni umunani n’ibihumbi magana inani y’amafaranga y’u Rwanda (8,800,000Frw), akaba avuga ko bishoboka ko Hitimana yaba yarayahaye mugenzi we ubwo yashakaga gutoroka.Kugeza ubu Hitimana afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyarugenge.

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga