• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
07/05/26
Musambira-Kwibuka32: Guha uwishwe Uburuhukiro bwa nyuma ni intambwe ikomeye mu komora ibikomere by’abakiriho- Benedata Zacharie/Ibuka
07/05/26
Kamonyi-Kwibuka32: The Brothers F.C yatsinze Arsenal 3-2 mu mukino wo Kwibuka abari Abasiporutifu
07/05/26
Nyarubaka-Kwibuka32: Bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, bunamira kandi bashyira indabo ahiciwe abana basaga 100
07/05/26
Itangazo ryo guhinduza amazina ya Nyiracumi Theodosie

Gutsindwa kwa APR FC byagaruriye ikipe ya Rayon Sports imbaraga

Umwanditsi
May 21, 2016

Gutsindwa kwa APR FC i Rusizi na Espoir FC, byongereye ingufu ku ikipe ya Rayon Spots zo kuba yagabanya ikinyuranyo cy’amanota aziri hagati.

Kuri uyu wa Gatandatu Taliki ya 21 Gicurasi 2016, ikipe ya APR FC ubwo yajyaga i Rusizi gukina na Espoir FC ntabwo yashoboye kuhivana amahoro.

Umukino wahuje aya makipe yombi wari umukino w’umunsi wa 26 wa shampiyona y’Igihugu y’umupira w’amaguru.

Ikipe ya APR FC, yatsindiwe i Rusizi na Espoir FC igitego kimwe kuri zeru 1-0, umukino w’uyu munsi wo nta mvururu zawuranze nk’izaranze umukino wazihuje umwaka ushize.

Iyi kipe y’ingabo z’igihugu, si ubwambere itsindirwa i Rusizi kuko n’umwaka ushize yari yahatsindiwe ndetse umukino ukarangwa n’imvururu mu kibuga.

Gutsindwa kwa APR FC, ntabwo biyibuza kuba ariyo ikiyoboye izindi aho yicaye ku mwanya wa mbere n’amanota 58 igakurikirwa n’ikipe ya Rayon Sports n’amanota 53.

Gutsindwa kwa APR FC, byagaruriye icyizere ndetse n’imbaraga ikipe ya Rayon Sports bakomeje guhanganira igikombe mu gihe yaba itirangayeho ngo amahirwe yabonye iyabyaze umusaruro dore ko imikino isigaye kuri APR FC ari 4 mugihe Rayon Sports isigaje imikino 6 kandi ikinyuranyo cy’amanota hagati yazo kikaba amanota 5 gusa.

Intyoza.com

 

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5958 Posts

Politiki

4206 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1049 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga