• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/09/25
Gisagara: Polisi yashimiye Clubs zishinzwe gukumira ibyaha mu mashuri(anti-Crime Clubs in school)
18/09/25
Kamonyi-Ngamba: Amakuru intyoza.com yamenye ni uko Polisi yarashe Amabandi atatu yasanze arimo gutema no kwambura Abaturage
18/09/25
Ku biceri 200 gusa, Umunyamahirwe muri FORTEBET yatsindiye 1,296,945RWF
18/09/25
Kamonyi-Kayenzi: Barishyuye, Imyaka irasaga 5 batazi ikitambitse urugendo rujya ku Mulindi w’Intwari

Burundi: Colonel Lucien Rufyiri yishwe arashwe

Umwanditsi
May 25, 2016

Colonel Lucien Rufyiri wahoze mu ngabo z’uburundi, yiciwe imbere y’urugo rwe mu ngagara arashwe.

Kuri uyu wa gatatu Taliki ya 25 Gicurasi 2016, ahagana saa tanu z’amanywa nibwo Colonel Lucien Rufyiri yishwe arasiwe imbere y’iwe mu ngagara.

Amakuru intyoza.com ikesha ijwi rya America, ngo ni uko hari umuntu utashatse ko amazina ye atangazwa, uvuga ko abishe Colonel Rufyiri bari mu modoka yari ifite ibirahure byijimye bidatuma ureba uyicayemo, ngo yiriwe itembera muri karitsiye hafi y’aho nyakwigendera yari atuye, gusa ngo ntawigeze atekereza ko yarimo abagizi ba nabi cyangwa abicanyi.

Umuvugizi w’Igipolisi cy’Uburundi Pierre Nkurikiye, yatangaje ko abishe Colonel Lucien Rufyiri bamurasiye imbere y’iwe atashye ava ku biro bya zone Ngagara, avuga ko bamurashe amasasu agera muri ane bakoresheje imbunda nto yo mu bwoko bwa pisitore( Pistolet).

Igipolisi cy’Uburundi cyatangaje ko abishe Colonel Rufyiri batabashije kumenyekana ko iperereza ryatangiye ngo habashe kumenyekana uwamwishe, igipolisi kivuga ko kandi iperereza rishobora kwihuta ngo cyane ko ibyabaye byakozwe ku manywa abantu bagendagenda.

Uretse kandi kuba uyu Colonel Lucien Rufyiri yishwe, undi warashwe agakomereka ni umuhungu we ngo wari aje ku mukingurira agafatwa n’amasasu.

Benshi mu bakurikirana ibibazo bya Politike y’ubutegetsi kuri Leta iyobowe na Perezida nkurunziza, bakomeje kwibaza imvo n’imvano hamwe n’amaherezo y’iyicwa ridasiba cyane kubasirikare bo mu rwego rwo hejuru mu Burundi n’abaturage muri rusanjye.

Intyoza.com

 

 

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5869 Posts

Politiki

4120 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1011 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

144 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga