• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
15/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
15/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
15/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Umuzunguzayi ntashakwa mu mujyi wa Kigali

Umwanditsi
May 25, 2016

Abacuruza babunza ibintu bitandukanye mu mujyi wa Kigali bazwi ku izina ry’abazunguzayi, bakomeje kubera umuzigo umujyi wa Kigali.

Abazunguzayi, bakomeje kugaragara nk’ikibazo gikomereye umujyi wa Kigali mu bucuruzi bakora aho babungana ibintu bitandukanye byaba ibiribwa cyangwa ibyambarwa bashaka abaguzi.

Ikibazo cy’abazunguzayi ni kimwe mu bibazo byagiye byicarirwa kenshi n’abayobozi, bishakirwa igisubizo ariko bikarangira abitwa ko babonewe umuti bisanze bakiri ikibazo.

Ubuyobozi, bwashyize imbaraga mu gushaka uko aba bazunguzayi bavanwa mu muhanda, bababumbiye mu matsinda babashakira amafaranga, babashakiye aho bajya gukorera ngo bave mu muhanda ariko birangira aho badashakwa bahagarutse.

Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali, mu kiganiro bwagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa kabiri Taliki ya 24 Gicurasi 2016, butangaza ko abazunguzayi bakomeje guteza umwanda mu mujyi kandi ugomba guhora usa neza.

Uretse kuvugwaho kwanduza umujyi, abazunguzayi ngo ni bamwe mubateza akajagari mu mujyi wa Kigali.

Umujyi wa Kigali, uvuga ko ukora ibishoboka byose kugira ngo ushake uko aba bazunguzayi bava mu muhanda, nta mibare nyayo y’abakora ubu bucuruzi itangazwa, nta gihe ntarengwa umujyi wa Kigali utangaza ko waba wamaze guca abazunguzayi.

Uretse kubona ko abazunguzayi ari ikibazo, umujyi wa Kigali unasanga aba bazunguzayi batizwa umurindi na bamwe mu bacuruzi bemewe babaha ibintu.

Mu gihe umujyi wa Kigali utangaza ibyo gukura abazunguzayi mu mujyi, bo bavuga ko kuva mu muhanda bitazoroha ngo cyane ko ariho bakura amaramuko nubwo badasiba kuhahanganira n’ubuyobozi buba butabashaka muri ubu bucuruzi bwabo.

Intyoza.com

 

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga