• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
15/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
15/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
15/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Gicumbi: Amavunja, Imirire mibi byateje ukutumvikana mu imurika ry’ubushakashatsi

Umwanditsi
June 1, 2016

Abayobozi b’inzego z’ibanze banze kuvuga rumwe n’abakoze ubushakashatsi kubijyanye n’isuku no kurwanya imirire mibi.

Nyuma yo gushyira ku mugaragaro ubushakashatsi bwakozwe n’akarere ka Gicumbi ku bijyanye n’isuku no kurwanya imirire mibi mu baturage b’akarere, ibyavuye mubushakashatsi byatewe ishoti.

Ubwo hatangazwaga iby’ubu bushakashatsi, umuyobozi w’ibitaro bya Byumba Twizeyimana Jean de Dieu, yabajije niba abayobozi begereye abaturage bemera ibyavuye mu bushakashatsi ariko abayobozi babitera utwatsi.

Yagize ati:”Iyo tuvuze ngo abantu barwaye amavunja muduha umuntu umwe cyangwa babiri, twasaba abafite imirire mibi tukabona bane batanu, none iyi mibare tuberetse mubona ari iy’ukuri”?

Bamwe mu bayobozi bahise batera ishoti ubu bushakashatsi, bavuga ko batemeranywa nabwo, umwe muribo yagize ati:”Hagaragaye ko mu kagari mpagarariye harimo abarwaye bwaki, kandi nta muntu urwaye bwaki uhari”. Undi nawe ahita avuga ko iyi mibare yabatunguye asaba ko bahabwa impapuro zakoreweho ubushakashatsi bakajya kuzikorera ubusesenguzi.

Ikibazo cy’amavunja ni ikibazo cyagarutsweho cyane, ku bitabiriye inama yo kugezwaho ibyavuye mu bushakashatsi, kubijyanye n’amavunja bemeranyijwe ko bitarenze ukwezi kwa munani bazaba batagifite umuntu urwaye amavunja mu karere ka Gicumbi.

Ibirenge by'abarwaye amavunja.
Ibirenge by’abarwaye amavunja.

Ubuyobozi bw’akarere ka Gicumbi bwemeye icyifuzo cy’abayobozi b’inzego z’ibanze, hemezwa ko bagiye guhabwa impapuro zakoreweho ubushakashatsi bakagenda urugo k’urundi, bakagaragaza imibare n’amazina y’abagaragazwa n’ubushakashatsi nkuko byavuzwe n’umuyobozi w’akarere ka Gicumbi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage madamu Benihirwe Charlotte.

Ubwo twifuzaga kumenya imibare nyirizina yavuye muri ubu bushakashatsi, ubuyobozi bwavuze ko butayitanga ngo kuko icyifuzo cy’abayobozi b’inzego z’ibanze ari ukubanza bakongera bagasubira mu byakozwe kuko bo ngo batabyemeye kugira ngo babihuze n’imibare n’amazina yabagaragajwe n’ubushakashatsi.

NAMAHIRWE Pascaline

Intyoza.com / Gicumbi

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga