• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/05/26
Ngamba-Kwibuka32: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi barashima ko gusaba kwabo kumviswe nyuma y’imyaka 32
15/05/26
Kamonyi-Kwibuka32: Urugaga rw’Abikorera/PSF rwiyemeje kubakira abarokotse Jenoside batishoboye, inzu 4
15/05/26
Runda: Abanyerondo 270 barimo Abagore 13 bambitswe impuzankano(Uniform)nshya, basabwa kudakangwa n’Abanyabyaha
15/05/26
Mu itangazamakuru haracyarimo icyuho ku gukora inkuru ku ngengo y’Imari- Fulgence/FOJO

Gicumbi: Amavunja, Imirire mibi byateje ukutumvikana mu imurika ry’ubushakashatsi

Umwanditsi
June 1, 2016

Abayobozi b’inzego z’ibanze banze kuvuga rumwe n’abakoze ubushakashatsi kubijyanye n’isuku no kurwanya imirire mibi.

Nyuma yo gushyira ku mugaragaro ubushakashatsi bwakozwe n’akarere ka Gicumbi ku bijyanye n’isuku no kurwanya imirire mibi mu baturage b’akarere, ibyavuye mubushakashatsi byatewe ishoti.

Ubwo hatangazwaga iby’ubu bushakashatsi, umuyobozi w’ibitaro bya Byumba Twizeyimana Jean de Dieu, yabajije niba abayobozi begereye abaturage bemera ibyavuye mu bushakashatsi ariko abayobozi babitera utwatsi.

Yagize ati:”Iyo tuvuze ngo abantu barwaye amavunja muduha umuntu umwe cyangwa babiri, twasaba abafite imirire mibi tukabona bane batanu, none iyi mibare tuberetse mubona ari iy’ukuri”?

Bamwe mu bayobozi bahise batera ishoti ubu bushakashatsi, bavuga ko batemeranywa nabwo, umwe muribo yagize ati:”Hagaragaye ko mu kagari mpagarariye harimo abarwaye bwaki, kandi nta muntu urwaye bwaki uhari”. Undi nawe ahita avuga ko iyi mibare yabatunguye asaba ko bahabwa impapuro zakoreweho ubushakashatsi bakajya kuzikorera ubusesenguzi.

Ikibazo cy’amavunja ni ikibazo cyagarutsweho cyane, ku bitabiriye inama yo kugezwaho ibyavuye mu bushakashatsi, kubijyanye n’amavunja bemeranyijwe ko bitarenze ukwezi kwa munani bazaba batagifite umuntu urwaye amavunja mu karere ka Gicumbi.

Ibirenge by'abarwaye amavunja.
Ibirenge by’abarwaye amavunja.

Ubuyobozi bw’akarere ka Gicumbi bwemeye icyifuzo cy’abayobozi b’inzego z’ibanze, hemezwa ko bagiye guhabwa impapuro zakoreweho ubushakashatsi bakagenda urugo k’urundi, bakagaragaza imibare n’amazina y’abagaragazwa n’ubushakashatsi nkuko byavuzwe n’umuyobozi w’akarere ka Gicumbi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage madamu Benihirwe Charlotte.

Ubwo twifuzaga kumenya imibare nyirizina yavuye muri ubu bushakashatsi, ubuyobozi bwavuze ko butayitanga ngo kuko icyifuzo cy’abayobozi b’inzego z’ibanze ari ukubanza bakongera bagasubira mu byakozwe kuko bo ngo batabyemeye kugira ngo babihuze n’imibare n’amazina yabagaragajwe n’ubushakashatsi.

NAMAHIRWE Pascaline

Intyoza.com / Gicumbi

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5962 Posts

Politiki

4210 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1051 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga