• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
22/06/26
Kamonyi-EXPO: Abaturage barakangurirwa kugera ahabera Imurikabikorwa n’Imurikagurisha/EXPO
22/06/26
Ruhango: Urubyiruko rwasabwe kumenya amateka y’u Rwanda no kugira uruhare mu gukumira ibyaha
22/06/26
Kamonyi-Gacurabwenge: Umurambo w’umusaza w’imyaka 67 wasanzwe mu cyumba araramo
22/06/26
Kamonyi-Kwibuka32: Kwibuka imiryango yazimye ni ukuyisubiza agaciro cyane ko nta wundi bafite ubibakorera-Guverineri Kayitesi

Umukinnyi Lionel Messi imbere y’ubutabera bwa Espagne

Umwanditsi
June 1, 2016

Urukiko rukuru muri Espagne rwatangiye kumva urubanza rwa Lionel Messi uregwa kunyereza akayabo k’amadorali.

Umukinnyi Lionel Messi, ni umukinnyi w’ikirangirire ukinira ikipe ya Barcelone, ubutegetsi bwa Espagne buramushinja kunyereza imisoro ingana na Miliyoni 4.5 z’amadorali hagati y’umwaka wa 2007 na 2009.

Messi ufite inkomoko muri Argentine akaba n’umukinnyi w’ikipe y’iki gihugu, arareganwa na se umubyara Jorge ari nawe uhagarariye inyungu ze.

Yaba Messi na se umubyara Jorge, barashinjwa bombi kubeshya abakozi b’ikigo gishinzwe iby’imisoro ubwo bari mu igenzura ry’ibirebana n’imisoro.

Aya ma miliyoni y’amadorali Messi na se Jorge bashinjwa, ashingiye ku mafaranga binjiza atagira aho ahuriri n’umushahara (aturuka mu bijyanye no kwamamaza) bivugwa ko atatangiye imisoro muri Leta.

Uruhande rw’ubushinjacyaha muri Espagne, busabira Messi na se Jorge ko uretse gucibwa ihazabu ritubutse banahabwa igihano cyo kufungwa kugira ngo bibere urugero n’abandi batekereza kunyereza imisoro.

Uru rubanza biteganyijwe ko rugomba kumara iminsi itatu, Messi na Se Jorge bahakana bivuye inyuma ibyo bashinjwa.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

 

 

 

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5985 Posts

Politiki

4232 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1058 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga