• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
02/11/25
Kamonyi-Gacurabwenge: Polisi yataye muri yombi Itsinda ry’Abantu 5 barimo Umugore bakekwaho ubugizi bwa nabi
02/11/25
Kamonyi-GS Ruramba:“ Ishuri ryanjye, Urukwavu rwanjye”, Umushinga wo gukundisha abana Ishuri
02/11/25
Muhanga: Itsinda ry’abakekwaho ibikorwa by’Ubugizi bwa nabi batawe muri yombi
02/11/25
Kamonyi-Musambira/HC: Nyuma y’Amezi asaga 8 basa n’abakorera mu manegeka, mu Buhungiro bagarutse

Ingabire Umuhoza Victoire azaburanishwa n’urukiko yarezemo u Rwanda

Umwanditsi
June 5, 2016

Urukiko nyafurika rw’uburenganzira bwa muntu, rwanzuye ko urubanza Ingabire Victoire yarezemo u Rwanda rugomba kuburanishwa.

Urukiko mu gufata iki cyemezo, abacamanza bose ntabwo bakivuzeho rumwe kuko babiri muri 11 bacyanze, abataragishyigikiye ni Gerad Niyungeko w’u Burundi hamwe na mugenziwe Aggustino Ramadhani wa Tanzania, gusa mugihe bigenze gutya icyemezo gifatwa hakurikijwe amajwi ya benshi.

Umucamanza El Haj Guissé ukomoka muri Senegal, yasobanuye ko icyemezo cy’u Rwanda cyaje hashize amezi cumi n’abiri yose Ingabire yaragejeje ikirego muri uru rukiko, bityo rero ngo urubanza rukaba rukwiye gukomeza.

Mu busanzwe amategeko uru rukiko rugenderaho, avuga ko kugira ngo urukiko rwakire ikirego cy’umuntu cyangwa cy’ishyirahamwe runaka, Igihugu kiregwa kigomba kuba cyarahaye ku mugaragaro abantu bacyo uburenganzira bwo kwitabaza urwo rukiko.

Ingabire Victoire, urukiko ruvuga ko rwakiriye ikirego cye kuko cyari cyujuje ibisabwa ngo cyakirwe, ikirego yakigejeje mu rukiko Taliki ya 3 Ukwakira 2014.

Mu gihe haburaga gusa iminsi 3 ngo urukiko rutangire kuburanisha urubanza, u Rwanda ku italiki ya mbere Werurwe uyu mwaka, rwambuye uburenganzira abaturage barwo rusesa itangazo rwari rwatanze mu rukiko rutanga uburenganzira.

Ibyakozwe n’u Rwanda ngo byahise bihungabanya urubanza, bitewe n’uko u Rwanda rwahise ruvuga ko kuva rusheshe icyo cyemezo nta muturage warwo ushobora kugana uru rukiko.

Abacamanza bamaze gusuzuma ingingo u Rwanda rwatanze hamwe n’izo ababuranira Ingabire Victoire Umuhoza batanze, urukiko ngo rwasanze rufite uburenganzira bwo kumva urubanza ngo kuko icyemezo  cyo gusesa uburenganzira u Rwanda ngo rwagifashe urukiko rwararangije kwakira urubanza kera.

Muri uru rubanza, Ingabire yunganirwa n’umunyamategeko w’umunyarwanda Maitre Gatera Gashabana afatanyije n’umuhorandi Dr Caroline Buisman, u Rwanda ruhagarariwe n’abo mubiro by’umushinjacyaha mukuru w’u Rwanda.

Ingabire umuhoza Victoire, afungiye mu Rwanda, yakatiwe igifungo cy’imyaka 15, yahamijwe ibyaha birimo icy’ingengabitekerezo ya Jenoside, Gukorana n’imitwe y’iterabwoba hamwe no gushaka guhungabanya umutekano w’Igihugu.

Ingabire Victoire, arega Leta y’u Rwanda muri uru rukiko ko uburenganzira bwe bwahohotewe mu nkiko z’u Rwanda ko ndetse afunze mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Italiki y’isubukurwa ry’uru rubanza ntabwo yatangajwe.

Iyi nkuru tuyikesha igitangazamakuru BBC.

 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5903 Posts

Politiki

4154 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1026 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

151 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga