• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
15/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
15/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
15/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Kamonyi: Umukozi wa SACCO yateruyemo asaga ibihumbi 600

Umwanditsi
June 8, 2016

SACCO yo mu murenge wa Ngamba, ushinzwe kwakira no guhereza amafaranga (Cashier) yavumbuwe ko aho kuyabika muri SACCO yikoreramo akitwarira.

Umukozi wa SACCO y’umurenge wa Ngamba, mu bugenzuzi bwakozwe na ngenzuzi ya SACCO n’abayobozi bayo muri rusange, byagaragaye ko mu bubiko bw’ahagomba kubikwa amafaranga y’abakiriya ba SACCO Ngamba, yakuyemo amafaranga asaga ibihumbi 600 by’amanyarwanda.

Abaturage babitsa muri iyi SACCO baganiriye n’intyoza.com, bagaragaza ko nubwo bafitiye icyizere ubuyobozi bubareberera ngo ni ngombwa ko buhoza ijisho kuri aba bacunga ifaranga ryabo kuko ngo nta wabashira amakenga.

Impamvu yo kudashirwa amakenga, ituruka ngo ku kuba hirya no hino bumva abitiza cyangwa bakikorera muyo bashinzwe kubika cyangwa bakayiba.

Abaturage twaganiriye batashimye ko amazina yabo tuyatangaza, bavuga kandi ko n’ubundi n’abababikira uretse ko nta gihamya babiboneye ngo bumvaga ko bajya bitiza amafaranga yabo mu gukemura bimwe mu bibazo byabo cyangwa se bakayacuruza kubw’inyungu zabo bwite bizeye kuyasubizaho by’igihe gito.

Nsengimana Pierre Claver, Perezida w’inama y’ubutegetsi ya SACCO ya Ngamba, atangaza ko iki kibazo koko gihari cy’umukozi yita ko yakoze amanyanga agatwara amafaranga ya SACCO asaga ibihumbi 600 y’u Rwanda.

Nsengimana, atangaza ko ibi byagaragaye nyuma y’igenzura ryakozwe hakaza kugaragara ko amafaranga yabuze ndetse uwayatwaye ubwe akaza kubyiyemerera.

Nsengimana agira ati:” Uko bimeze, ikibazo cyo kirahari, uwabikoze ubwe twaramwegereye, arabyiyemerera ndetse adukorera inyandiko, adusaba imbabazi, avuga ko yigurije amafaranga ndetse aduha igihe azatwishyurira.

Uyu muyobozi w’inama y’ubutegetsi ya SACCO ya Ngamba, avuga ko nubwo bimeze bitya ngo ibyo uyu mukozi yavuze babona bidahagije, ngo haracyakorwa icukumburwa hakusanywa ibikenewe ndetse no kureba niba ibyo babonye aribyo byonyine.

Uyu mukozi uvugwaho gutwara aya mafaranga, amazina ye twirinze kuyatangaza muri iyi nkuru.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga