• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/11/25
Kamonyi-GS Ruramba:“ Ishuri ryanjye, Urukwavu rwanjye”, Umushinga wo gukundisha abana Ishuri
01/11/25
Muhanga: Itsinda ry’abakekwaho ibikorwa by’Ubugizi bwa nabi batawe muri yombi
01/11/25
Kamonyi-Musambira/HC: Nyuma y’Amezi asaga 8 basa n’abakorera mu manegeka, mu Buhungiro bagarutse
01/11/25
Umunyamahirwe muri FORTEBET yatahanye asaga Miliyoni ku Ipari ebyiri zisa

Kicukiro: Igikamyo cyabuze feri gihitana ubuzima bw’abantu n’ibintu

Umwanditsi
June 10, 2016

Ikamyo yikoreye umucanga, yabuze feri imanuka kicukiro umuhanda uva Gahanga iruhukira ahahoze isoko ariko yishe abantu yangiza byinshi.

Muri iki gitondo cy’uyu wa gatanu Taliki ya 10 Kamena 2016, mu masaha ya saa yine, ikamyo yakoze impanuka ikomeye ubwo yamanukaga mu muhanda uva Gahanga ya Kicukiro.

Iyi mpanuka, yabereye mu murenge wa Kicukiro, akagari ka Kicukiro kuri uriya muhanda wa kaburimbo unyura imbere y’akarere ka kicukiro umanuka gahanga ukomeza ahahoze isoko rya Kicukiro ugana Sonatube.

Sup Ndushabandi Jean Marie Vianney, umuvugizi wa Polisi y’Igihugu ishami rishinzwe umutekano mu muhanda, yabwiye intyoza.com ko icyateje iyi mpanuka ari ikamyo Mercedes Benz ifite Pulaki nomero RAA 124S aho yabuze feri.

Sup Ndushabandi, avuga ko muri iyi mpanuka abantu 7 barimo na Shoferi bahasize ubuzima mugihe abandi 9 bayikomerekeyemo naho  ibinyabiziga 12 nabyo bikangirika.

Abakomeretse nkuko Sup Ndushabandi akomeza abivuga, bamwe bajyanywe mu bitaro bikuru bya Kaminuza nkuru y’u Rwanda bya Kigali CHUK abandi bajyanwa mu bitaro bya gisirikare i Kanombe KMH. imirambo yajyanywe mubitaro bya Kacyiru ( ibyahoze byitwa ibitaro bya Polisi).

Ibinyabiziga byangiritse ni ibyo iyi kamyo yasanze muri Parikingi ya Kicukiro Santere, iyi kamyo ngo yari ipakiye umucanga iva mubice bya Nyanza ya Kicukiro yaruhukiye ahahoze isoko rya Kicukiro.

Iyi niyo nkuru yuzuye tubagejejeho y’iyi mpanuka nkuko twari twabasezeranyije gukurikirana ibyayo.

 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5902 Posts

Politiki

4153 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1026 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

151 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga