• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi: Ba Rushingwangerero bagabiye Inka uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside

Kicukiro: Igikamyo cyabuze feri gihitana ubuzima bw’abantu n’ibintu

Umwanditsi
June 10, 2016

Ikamyo yikoreye umucanga, yabuze feri imanuka kicukiro umuhanda uva Gahanga iruhukira ahahoze isoko ariko yishe abantu yangiza byinshi.

Muri iki gitondo cy’uyu wa gatanu Taliki ya 10 Kamena 2016, mu masaha ya saa yine, ikamyo yakoze impanuka ikomeye ubwo yamanukaga mu muhanda uva Gahanga ya Kicukiro.

Iyi mpanuka, yabereye mu murenge wa Kicukiro, akagari ka Kicukiro kuri uriya muhanda wa kaburimbo unyura imbere y’akarere ka kicukiro umanuka gahanga ukomeza ahahoze isoko rya Kicukiro ugana Sonatube.

Sup Ndushabandi Jean Marie Vianney, umuvugizi wa Polisi y’Igihugu ishami rishinzwe umutekano mu muhanda, yabwiye intyoza.com ko icyateje iyi mpanuka ari ikamyo Mercedes Benz ifite Pulaki nomero RAA 124S aho yabuze feri.

Sup Ndushabandi, avuga ko muri iyi mpanuka abantu 7 barimo na Shoferi bahasize ubuzima mugihe abandi 9 bayikomerekeyemo naho  ibinyabiziga 12 nabyo bikangirika.

Abakomeretse nkuko Sup Ndushabandi akomeza abivuga, bamwe bajyanywe mu bitaro bikuru bya Kaminuza nkuru y’u Rwanda bya Kigali CHUK abandi bajyanwa mu bitaro bya gisirikare i Kanombe KMH. imirambo yajyanywe mubitaro bya Kacyiru ( ibyahoze byitwa ibitaro bya Polisi).

Ibinyabiziga byangiritse ni ibyo iyi kamyo yasanze muri Parikingi ya Kicukiro Santere, iyi kamyo ngo yari ipakiye umucanga iva mubice bya Nyanza ya Kicukiro yaruhukiye ahahoze isoko rya Kicukiro.

Iyi niyo nkuru yuzuye tubagejejeho y’iyi mpanuka nkuko twari twabasezeranyije gukurikirana ibyayo.

 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5824 Posts

Politiki

4075 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga