• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
02/07/25
Kamonyi: Ba Rushingwangerero bagabiye Inka uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi
02/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
02/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
02/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside

Abapolisi bari mu butumwa bw’amahoro bashimiwe umuhati n’umurava bibaranga

Umwanditsi
June 12, 2016

CP Munyambo, yashimiye abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro kubera imyitwarire myiza.

Umuyobozi w’abapolisi bari mu butumwa bw’amahoro mu gihugu cya Sudani y’Amajyepfo (UNMISS), Commissioner of Police (CP) Bruce Munyambo yashimye abapolisi bari muri ubu butumwa bw’amahoro kubera imyitwarire myiza ibaranga mu kazi.

Ibi CP Munyambo, yabivuze mu nama yagiranye n’aba bapolisi, abayobozi b’inzego z’ibanze bo mu gace ka Bor, ho mu mujyi wa Jonglei, n’abandi bafite inshingano zitandukanye.

Aganira nabo, CP Munyambo yabashimiye umurava bagaragaza mu kugarura amahoro muri Sudani y’Amajyepfo, kandi abasaba gukomeza gukorana neza n’abaturage bashinzwe kubungabungira umutekano ndetse n’abandi bagenerwabikorwa.

Yabwiye aba bapolisi abereye umuyobozi ati:”Imyitwarire myiza ni ishingiro ryo gukora ibyo mushinzwe kinyamwuga. Mugomba gukora nk’itsinda rimwe kugira ngo mubashe gukora byinshi mu gihe gito”.

CP Munyambo, yashimye kandi aba bapolisi kubera umuhati wabo mu kugaragaza no gukemura ibibazo by’abaturage bataye ibyabo, ibi bakaba babikora bafatanyije n’ababahagarariye, abayobozi b’inzego z’ibanze, n’abagize amashyirahamwe y’abagore n’urubyiruko.

Uru ruzinduko ruri muri gahunda CP Munyambo muri Gashyantare ubwo yasuraga abapolisi ba UNMISS bakorera mu ntara za Malakal na Bentiu, asuzuma uko bashyira mu bikorwa inshingano zabo; aho naho yaganiriye n’ibyiciro by’abapolisi binyuranye, abayobozi b’inzego z’ibanze n’abagenerwabikorwa.

Iyi nkuru tuyikesha Polisi y’u Rwanda

Intyoza.com

 

 

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5824 Posts

Politiki

4075 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga