• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
04/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi ikomeje guhiga bukware Abahebyi mu bucukuzi bw’Amabuye y’agaciro
04/07/25
Kamonyi-Ubudaheranwa: Ubuyobozi bwa SACCO 12 bwaremeye Abarokotse Jenoside batishoboye
04/07/25
Kamonyi-Ngamba: Iminsi y’umujura yabagereyeho bafatwa bataragurisha Ingurube bishe bakayibaga
04/07/25
Kamonyi: Ba Rushingwangerero bagabiye Inka uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Amerika: Uwishe abantu 50 abandi 53 bagakomereka ngo yabanje guhamagara

Umwanditsi
June 13, 2016

Igitero cyakorewe mu kabyiniro k’abahuje igitsina (Abatinganyi), abantu 50 bahasize ubuzima abandi benshi barakomereka.

Mu ijoro ryo kuwa gatandatu rishyira ku cyumweru Taliki ya 12 Kamena 2016, mu mujyi wa Orlando muri Leta ya Floride, abantu 50 barishwe abandi 53 barakomereka mu kabyiniro gakunda kujyibwamo n’abahuza ibitsina babisangiye (abatinganyi).

Nyuma y’iki gitero cyahitanye imbaga y’abantu abandi bagakomereka, Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Obama yatangaje ko umutima we ushenguwe n’agahinda kubw’iki gitero.

Perezida Obama, yatangaje kandi ko Amerika ishenguwe umutima no kuba itabashije kurinda abaturage bayo kugera ubwo hicwa umubare ungana kuriya. iki gitero, Obama  avuga ko ari icy’iterabwoba ndetse n’urwango.

Nyuma y’iki gitero, ibinyamakuru byo muri Amerika, bitangaza ko uwagabye igitero azwi ku izina rya Omar Mateen w’imyaka 29 ufite ubwenegihugu bwa America akaba ngo imbunda yakoresheje irekura amasasu menshi icyarimwe.

Televiziyo imwe yo muri Amerika NBC, yatangaje ko uwakoze aya mahano Mateen, mbere yo gukora ibi yari yabanje guhamagara kuri Telefone ikoreshwa n’ushaka ubutabazi, arahira kuyoboka umutwe w’iterabwoba wa Islamic state.

Uyu Omar Mateen, uretse kubayarishe abantu 50 abandi 53 akabakomeretsa, ngo yari yanagize abandi 30 ingwate mbere ko atangira kurasana n’abapolisi.

Mu gihe amaperereza agikomeje kugira ngo hamenyekane nyirizina byinshi ku byihishe inyuma y’iki gitero, muri uyu mujyi wa Olrando hashyizweho amategeko y’umukwabu.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5827 Posts

Politiki

4078 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga