• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/09/25
Gisagara: Polisi yashimiye Clubs zishinzwe gukumira ibyaha mu mashuri(anti-Crime Clubs in school)
18/09/25
Kamonyi-Ngamba: Amakuru intyoza.com yamenye ni uko Polisi yarashe Amabandi atatu yasanze arimo gutema no kwambura Abaturage
18/09/25
Ku biceri 200 gusa, Umunyamahirwe muri FORTEBET yatsindiye 1,296,945RWF
18/09/25
Kamonyi-Kayenzi: Barishyuye, Imyaka irasaga 5 batazi ikitambitse urugendo rujya ku Mulindi w’Intwari

Inkongi y’umuriro kuri Hoteli Chez Lando yibasiye zimwe mu nyubako

Umwanditsi
July 2, 2016

Hoteli Chez Lando iherereye i Remera mu mujyi wa Kigali akarere ka Gasabo, ahagana mu masaha ya saa tanu za mugitondo yibasiwe n’inkongi y’umuriro kuri zimwe mu nyubako za Hoteli.

Kuri uyu wa Gatandatu Taliki ya 2 Nyakanga 2016 mu masaha ya saa yine za mugitondo, inkongi y’umuriro utungurange yibasiye zimwe mu nyubako zigize Hoteli Chez Lando.

Iyi nkongi y’umuriro, nta muntu yahitanye ariko amakuru yizewe ni uko yangije ibisenge by’inyubako ikorerwamo inama hamwe n’aho bafatira amafunguro (Restaurant), bimwe mubigize inyubako na bimwe mu bikoresho bitabashije gusohorwa.

Intandaro y’iyi nkongi nkuko bamwe mu bakozi b’iyi Hoteli batashatse kwivuga amazina babitangaje, ngo ni umuriro w’amashanyarazi aho bavuga ko waba watewe n’abakozi barimo basudira bashaka gutunganya aho bashyira ibyuma bishyushya amazi.

Ubwo babonaga ko umuriro watse ugafata inyubako, ngo bihutiye gutabaza banitabara bashaka uko barokora bimwe mubyari mu nyubako kandi ngo babigezeho ku buryo ngo hari byinshi mu byari mu nyubako babashije gukuramo.

Hageragezwaga gushakisha inzira z'ubutabazi n'no kugiza ibishoboka.
Hageragezwaga gushakisha inzira z’ubutabazi no kugiza ibishoboka.

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe kuzimya imiriro, ubwo ryari ritabaye ngo ryabanje kugorwa no kuzimya umuriro bitewe n’imiterere y’aho inyubako zafashwe n’inkongi ziherereye.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5869 Posts

Politiki

4120 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1011 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

144 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga