• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
16/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
16/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
16/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever

Umusoro wa Caguwa mu Rwanda ku nshuro ya mbere wikubye inshuro 25

Umwanditsi
July 2, 2016

Binyuze mu kigo cy’Igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro Rwanda Revenue Authority-RRA, Leta y’u Rwanda yakubye inshuro 25 umusoro watangwaga kuri Caguwa.

Byakomeje kuvugwa kenshi nyamara ugasanga bamwe babifata nk’ibitazakorwa, nyamara mu ijoro ry’italiki 2 Nyakanga 2016 byabaye impamo caguwa yikuba inshuro 25.

Ubuyobozi bw’ikigo cy’imisoro n’amahoro (Rwanda Revenue Authority), buhagarariwe n’umuyobozi wacyo Tushabe Richard bwahamije ko imisoro y’imyenda n’inkweto bya Caguwa byinjira ku butaka bw’u Rwanda imisoro yabyo yikubye inshuro 25.

Ibi ngo byakozwe mu rwego rwo kubahiriza gahunda Leta y’u Rwanda yafashe yo guca Caguwa, gahunda inahuriyeho n’ibindi bihugu byo mu karere ka Afurika y’uburasirazuba.

Mu gufata iki cyemezo cyo guca Caguwa, u Rwanda hamwe n’ibindi bihugu bahuriye kuri uyu mugambi ngo basanze Caguwa idindiza ubukungu muri ibi bihugu ndetse ikanagira ingaruka ku buzima bw’abaturage.

Iyi gahunda kandi, u Rwanda ruvuga ko ari imwe mu zizatuma gahunda yiswe ibyiwacu (Made in Rwanda) bihabwa agaciro ndetse ngo bikabona isoko bityo ubukungu bukiyongera cyane ko ngo hazazigamwa amadolari atari make yagendaga mu gutumiza Caguwa hanze.

Nubwo Leta y’ u Rwanda yashyize iyi misoro ya Caguwa ku kigero gihanitse cyane, ngo hagenderewe kuyigabanya ku isoko ry’u Rwanda kugira ngo Ibyiwacu (made in Rwanda) bihabwe agaciro aho inavuga ko Caguwa yagiraga ingaruka ku buzima bw’abaturage, hari n’ababona ko izamurwa cyane ry’iyi misoro rishobora kuzabangamira ba rubanda rugufi bashoboraga kubona imyenda y’amafaranga make ya Caguwa, mu gihe ngo batizeye ko bazigondera ibiciro by’imyenda izakorerwa mu Rwanda bijyanye n’ubushobozi buke bavuga ko bafite.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5817 Posts

Politiki

4068 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga