• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
15/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
15/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
15/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Nyuma y’ibyumweru 2 bahugurwa, batanze ubutumwa kuri Perezida Kagame n’Igihugu

Umwanditsi
July 3, 2016

Urubyiruko rw’abakorerabushake, nyuma y’ibyumweru 2 bahugurwa mu ishuri rikuru rya Polisi riri i Musanze, uko ari 395 bashimangiye Ishusho y’abo baribo.

Kuri uyu wa gatandatu Taliki ya 2 Nyakanga 2016, urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha rugizwe n’abahungu n’abakobwa 395 baturutse mu turere twose tw’Igihugu basoje amahugurwa y’ibyumweru 2 mu kigo cy’ishuri rikuru rya Polisi kiri i Musanze.

Aba basore n’inkumi, bagize umutwe w’Intore z’Imbanzabigwi bakaba ari icyiciro cya kane cy’abakorerabushake, bahuguwe ku gukomera ku ndangagaciro na kirazira bigomba kuranga umunyarwanda, bahawe ubumenyi mu gufatanya na Polisi mu gukumira no kurwanya ibyaha n’ibindi.

Uru rubyiruko rw’abakorerabushake bo mu mutwe w’Intore w’Imbanzabigwi, bahamije ko nkuko Perezida Paul Kagame yavuze atanga impanuro ku rubyiruko, nabo ngo imvugo ye bazayigenderaho bahamye ko kuba urubyiruko bidahagije ko ahubwo bagomba kubigaragariza mu bikorwa byiza byubaka Igihugu bigomba kubaranga.

Ifoto rusanjye n'abayobozi.
Ifoto rusanjye n’abayobozi.

Imwe mu mihigo bahize ihatse iyindi ni; Gufatanya n’abandi gushyira mu bikorwa gahunda za Leta, Kurwanya ibiyobyabwenge by’umwihariko murubyiruko rw’u Rwanda, kurwanya icuruzwa ry’abantu, Kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana n’irikorerwa mungo.

Biyemeje kandi; gukoresha imbuga nkoranyambaga bahangana kandi barwanya abasebya Igihugu cyabo n’abayobozi bakuru, biyemeje kurwanya Ruswa n’akarengane, kurwanya abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994. Bahamya kandi ko ibi byose bazabigeraho batangira amakuru kugihe banga ikibi ahubwo ari ba “Nkore neza bandebereho mu muryango nyarwanda”.

ubu butumwa bukubiye muri iyi mihigo y’uru rubyiruko rw’abakorerabushake, basabye Minisitiri w’umutekano mu gihugu Mussa Fazil Harelimana, waje kubasoreza amahugurwa ko yabubagereza kuri Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame.

Bamusabye kandi kumubwira ko ngo batwaje mu gusigasira umutekano no kurinda ibyagenzweho, guhanga ibishya kandi byubaka Igihugu ndetse kandi ko ngo bashima byimazeyo imbaraga zikoreshwa mu kubaka Igihugu cyiza gisendereye umutekano n’iterambere rirambye.

Uhereye ibumoso, IGP Gasana, Minisitiri Seikh Fazil, Guverineri Bosenibamwe, Justus Kangwagye.
Uhereye ibumoso Uhagarariye Ingabo, IGP Gasana, Minisitiri Seikh Fazil, Guverineri Bosenibamwe, Justus Kangwagye.

Asoza aya mahugurwa y’uru rubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha icyiciro cya kane, Minisitiri Sheikh Musa Fazil wari kumwe n’umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Gasana, umukuru w’Intara y’amajyaruguru Bosenibamwe n’abandi bayobozi batandukanye b’Ingabo na polisi.

Minisitiri Fazil yasabye uru rubyiruko kurangwa no Gushyira hamwe, kurangwa n’indangagaciro na kirazira biranga umunyarwanda, kurushaho kwitwara neza, gukunda Igihugu no kugikorera bazirikana ko uko kizaba ari bo babifite mu biganza byabo.

Minisitiri Sheikh Fazil Harelimana yagize ati:” Ndagira ngo mbashimire kuba mwarahisemo neza, kuba uri umunyarwanda ugahitamo kuba ijisho ry’u Rwanda, ugahitamo kuba umukozi w’u Rwanda, ugahitamo kwitangira u Rwanda, uba uhisemo neza”.

Yakomeje agira ati:” Muhisemo neza muri mukigero cyiza, mufite imbaraga zo gukora, amaso yanyu aracyafite igihe kirekire cyo kureba, amatwi yanyu aracyafite igihe kirekire cyo kumva, igihe kiri imbere nicyo kirekire kuri mwebwe, muracyafite ubwenge bugifite ibyumba byo kwakira ubumenyi no gushishoza no gukora. Muhisemo neza kandi mu gihe cyiza mufite ikigero cyiza”.

Urubyiruko rwasoshe n’ubutumwa bugira buti:” Tugire umutekano, buri wese abe ijisho rya mugenzi we, dukumira icyaha kitaraba, dutangira amakuru ku gihe kandi vuba.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga