• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
05/09/25
Kamonyi-Mukinga: Abana basaga 128 bataye n’abacikishirije ishuri bagiye kurisubizwamo
05/09/25
Kamonyi-Musambira: Imihigo duhiga ikora k’Ubuzima bw’Abaturage, dusabwa kujyanamo-Gitifu Nyirandayisabye Christine
05/09/25
Kamonyi-Rukoma: Umwana w’umukobwa w’imyaka 14 yishe mugenzi we wUmuhungu amuteye icyuma
05/09/25
Kamonyi-Gacurabwenge: Ukekwaho ubugizi bwa nabi yarashwe arapfa

Abayisilamu mu Rwanda bakoze igikorwa cyorohereza inzego zishinzwe umutekano

Umwanditsi
July 9, 2016

Polisi y’Igihugu ishyigikiye icyemezo cyo gukuraho imyambaro ihisha amasura (Niqab) ku bayisilamukazi mu Rwanda.

Nyuma yaho ubuyobozi bw’idini ya Islam mu Rwanda (RMC) bufashe icyemezo cyo gukuraho umwambaro wa Niqab uhisha umubili wose ndetse n’amasura y’abayisilamukazi, Polisi y’igihugu yishimiye iki cyemezo cyafashwe n’ubuyobozi bw’idini ya Islam itangaza ko ari bumwe mu buryo bwo gukaza umutekano.
Icyi cyemezo cyo gukuraho uyu mwambaro wa Niqab wambarwa n’igitsina gore cyafashwe mu nama y’ubuyobozi bw’umuryango mugali w’idini ya Islam, isanzwe yitwa Fatuwa yabaye ku italiki ya 14 Gicurasi 2016.

Ibi kandi bije bikurikira raporo yatanzwe n’umuryango w’abayisilamu mu Rwanda ku birebana n’uyu mwambaro wa Niqab ushobora kuba intandaro y’umutekano muke ku mipaka cyangwa mu gihugu imbere.

Umuvugizi wa Polisi y’igihugu Assistant Commissioner of Police (ACP) Celestin Twahirwa yagize icyo atangaza kuri cyino cyemezo cyafashwe n’umuryango w’idini ya Islam mu Rwanda.

ACP Celestin Twahirwa yagize ati:”Polisi y’igihugu ishyigikiye icyemezo cyose cyafatwa n’inzego zaba iz’amadini cyangwa izigenga mu rwego rwo gufatanya n’inzego zibishinzwe gukomeza umutekano”.

ACP Celestin Twahirwa, yongeyeho kandi ko inzego z’amadini by’umwihariko umuryango wa Islam muri rusange ari bamwe mu bafatanyabikorwa mu gucunga umutekano w’igihugu, avuga ko imyemerere gakondo basanga yahungabanya umutekano hagafatwa ibyemezo byo kuyikuraho ko ntakabuza polisi y’igihugu izakomeza gushyira hamwe mu rwego rwo kwicungira umutekano.

Iyi nkuru tuyikesha Polisi y’u Rwanda.

 

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5857 Posts

Politiki

4108 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1007 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

142 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga