• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/09/25
Gisagara: Polisi yashimiye Clubs zishinzwe gukumira ibyaha mu mashuri(anti-Crime Clubs in school)
18/09/25
Kamonyi-Ngamba: Amakuru intyoza.com yamenye ni uko Polisi yarashe Amabandi atatu yasanze arimo gutema no kwambura Abaturage
18/09/25
Ku biceri 200 gusa, Umunyamahirwe muri FORTEBET yatsindiye 1,296,945RWF
18/09/25
Kamonyi-Kayenzi: Barishyuye, Imyaka irasaga 5 batazi ikitambitse urugendo rujya ku Mulindi w’Intwari

Ibipindi bigiye kuzasimbuzwa kwigishwa igisirikare – Perezida Kagame

Umwanditsi
July 19, 2016

Perezida wa Repubulika Paul Kagame, asoza itorero indangamirwa icyiciro cya 9, yavuze ko ubutaha mu cyiciro cya 10 hazigishwa cyane igisirikare kurusha ibipindi.

Asoza ku mugaragaro itorero indangamirwa rigizwe n’abasore n’inkumi biga mu Rwanda no mu mahanga ryaberaga i Gabiro, kuri uyu wa Kabiri Taliki ya 19 Kamena 2016, Perezida Paul Kagame yasabye ko ubutaha hazigishwa cyane amasomo ajyanye n’igisirikare.

Urubyiruko rwitabiriye iri torero indangamirwa icyiciro cya cyenda, ni urwiga mu mashuri makuru na za kaminuza mu mahanga hamwe n’abarangije amashuri yisumbuye hano mu Rwanda bitegura kujya muri kaminuza ariko bagize amanota yo hejuru cyane.

Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yasabye ko icyiciro cy’ubutaha cy’Indangamirwa cyazahurizwamo ibyiciro byose byabanje ariko kandi bakigishwa cyane igisirikare kuruta ibindi byose ku gira ngo mu gihe bibaye ngombwa babashe kumenya uko birwanaho.

Aha perezida wa Repubulika Paul Kagame yari imbere y'abasore n'inkumi barangije itorero Indangamirwa.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yari imbere y’abasore n’inkumi barangije itorero Indangamirwa.

Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yavuze ko ubutaha bazagabanya ibipindi bya Rucagu na Kaboneka bitari ukubigabanya kubijyanye n’ireme ahubwo kugabanya umwanya wabyo kugira ngo umwanya w’imyitozo n’amasomo bya gisirikare bibe aribyo byibandwaho.

Perezida Paul Kagame, yabwiye iri torero indangamirwa ko mucyiciro cy’ubutaha kizaba ari icya cumi bazigishwa imbunda zose, uko zikoreshwa, kuzirinda cyane ko ngo nk’abo mu mahanga bagirirwa impungenge kuko ho kenshi bahora barasa abantu ku mihanda.

Perezida wa Repubulika Paul Kagame, mu nyigisho n’impanuro yahaye uru rubyiruko, yarusabye kutaba ibigwari ahubwo rugaharanira kwiteza imbere no guteza imbere igihugi cyarubyaye.

Itorero indangamirwa icyiciro cya cyenda ryasojwe kuri uyu wa kabiri Taliki ya 19 Nyakanga 2016 ryari rimaze ibyumweru bitatu, ryari rigizwe n’abahungu n’abakobwa bose hamwe 345, muribo 175 ni abakobwa naho abandi 170 bakaba abahungu.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5869 Posts

Politiki

4120 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1011 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

144 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga