• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/10/25
Kamonyi-Rugalika: Gitifu Nkurunziza yagarutse ku gaciro no gukomera k’Umugore, abaha umukoro
17/10/25
Kamonyi-Rugalika/Ruramba: Ihaniro(Igikari cy’Umubyeyi) ryashyize Abagore ku murongo
17/10/25
Ibihumbi 50 byamuhesheje amahirwe yo gutsindira hafi Miliyoni imwe muri FORTEBET
17/10/25
Kamonyi-Rugalika: Umugabo uzwi ku izina rya Lizembe yapfuye Umugore yisanga mu maboko atari aye

Urubyiruko rugiye mu biruhuko rwasabwe kuba ijwi ry’impinduka

Umwanditsi
July 19, 2016

Abanyeshuri basabwe gukomeza amahame yo gukumira no kurwanya ibyaha aho bagiye mu biruhuko, bakirinda ndetse bagakangurira abandi gukumira no kurwanya ibyaha.

Polisi ikorera mu turere dutandukanye, yakomeje gukora ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha mu bigo by’amashuri nk’uburyo bwo kubaha impamba yo kwitwara neza mbere y’uko bajya iwabo mu biruhuko.

Ku italiki ya 18 Nyakanga, imitwe ya Polisi ikorera mu turere twa Ngororero na Nyanza, yigishije mu bigo by’amashuri bitandukanye muri utwo turere, aho bagiriye inama ababyigamo kugira intumbero no kugendera kure ikibi mu biruhuko bagiye kujyamo.

Mu karere ka Ngororero, umuyobozi wa Polisi muri ako karere, Senior Supt. Marc Gasangwa niwe wayoboye ubwo bukangurambaga muri EAV Kivumu na ES Nyange, aho yagiriye inama abagera kuri 800 n’abarimu babo, gukurikiza amahame yo kurwanya no gukumira ibyaha mu gihe cy’ibiruhuko bagiyemo.

SSP Gasangwa yagize ati:”Habayeho iterambere ry’ubufatanye hagati ya Polisi n’abanyeshuri mu rwego rw’ubukangurambaga bwo kwirinda ibyaha, gukumira no gutangira amakuru ku gihe ku cyahungabanya umutekano, aya mahame agomba no kubaranga aho muzajya mu biruhuko”.

Yibukije abanyeshuri ko ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, ihohoterwa ryo mu ngo n’irishingiye ku gitsina, irihohotera umwana ari byo bikomeje kwiganza mu muryango nyarwanda, maze aboneraho kubasaba kuba ijwi ry’impinduka, batanga amakuru kuri ibyo byaha kugira ngo bicike burundu.

Yahamagariye abagize amatsinda arwanya ibyaha muri aya mashuri gukomeza “umurimo wabo bihaye wo gukumira no kurwanya ibyaha”.

Icuruzwa ry’abantu, kwirinda ubusambanyi birinda inda zidateganyijwe ndetse n’agakoko gatera Sida, ni bimwe mu byo bibukijwe kwirinda mu biruhuko.

Ubutumwa nk’ubwo bwatangiwe mu karere ka Nyanza, aho abanyeshuri 450 ba EAV Mayaga bibukijwe kurwanya no gutsinda ibigeragezo bazahura nabyo, birimo ibifite aho bihuriye n’ibiyobyabwenge, basabwa gukorana bya hafi n’urundi rubyiruko rw’abakorerabushake mu kurwanya ibyaha bari mu mirenge yabo kugirango bahuze imbaraga mu gukumira no kurwanya ibyaha.

Iyi nkuru tuyikesha Polisi y’u Rwanda

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5892 Posts

Politiki

4143 Posts

Ubuhinzi

148 Posts

Ubukungu

1021 Posts

Imyidagaduro

84 Posts

Imikino

148 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga