• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/09/25
Ku biceri 200 gusa, Umunyamahirwe muri FORTEBET yatsindiye 1,296,945RWF
17/09/25
Kamonyi-Kayenzi: Barishyuye, Imyaka irasaga 5 batazi ikitambitse urugendo rujya ku Mulindi w’Intwari
17/09/25
Indege itagira umupirote( Drone) y’Igisirikare cy’u Rwanda yakomerekeje Abanyeshuri
17/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa

Polisi y’u Rwanda yatashye inyubako yayo ya Miliyoni 600 yujuje mu ntara y’amajyepfo.

Umwanditsi
July 21, 2016

Ibiro bya polisi y’u Rwanda mu ntara y’amajyepfo byatashwe kuri uyu wa kane Taliki ya 21 Nyakanga 2016, bitwaye amafaranga Miliyoni magana atandatu z’amanyarwanda.

Kuri uyu wa Kane Taliki ya 21 Nyakanga 2016, Polisi y’u Rwanda yatashye ku mugaragaro inyubako yayo mu ntara y’amajyepfo aho izafasha mu gutanga serivise zitandukanye kubayigana.

Iyi nyubako yatashywe, yuzuye itwaye amafaranga y’u Rwanda Miliyoni magana atandatu, ikaba yarubatswe mu gihe kingana cy’amezi 12.

Ataha ku mugaragaro iyi nyubako ya polisi, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Sheikh Musa Fazil Harelimana, yashimye Perezida wa Repubulika we watanze icyerecyezo cy’ibigomba gukorwa ndetse agatanda inama n’umurongo bigomba gukorwamo.

Minisitiri Fazil yagize ati:” Turashimira Perezida wa Repubulika, ubwo yemeraga igishushanyo mbonera cy’inyubako za Polisi ndetse akemera kuyiha inkunga y’umutungo. ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda buragenda bushyira mu bikorwa icyo cyerecyezo kandi bugishyira mubikorwa neza”.

Minisitiri Fazil, yashimiye Polisi y’Igihugu avuga ko yakoze ibyo yasabwe gukora, aho yashyize neza mu bikorwa icyerecyezo cya Perezida wa Repubulika ngo kuko hari igihe amabwirizwa atangwa, icyerecyezo cyiza kandi gihamye kigatangwa ariko kubishyira mu bikorwa bikagorana.

Ibiro bya Polisi mu Ntara y'amajyepfo byatashywe urebeye imbere.
Ibiro bya Polisi mu Ntara y’amajyepfo byatashywe urebeye imbere.

Minisitiri Fazil, yibukije ko ibikorwa byo kugira inyubako nziza bijyanye na gahunda y’Igihugu yo kuba heza, ariko kandi ngo binajyanye no gukorera heza kugira ngo serivise umuturage akeneye azihabwe zitangiwe ahantu heza. yanibukije kandi ko ibi ari mu rwego rwo kwibohora ibitajyanye n’imibereho y’umunyarwanda,  bikaba kandi ngo ari urugamba rugikomeza.

ACP Twahirwa Celestin, umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, yabwiye itangazamakuru ko iyi nyubako yatashywe ari kimwe mu bikorwa byubaka ubushobozi bwa polisi y’Igihugu nk’urwego rushinzwe umutekano ku nkunga ndetse no kubushobozi rwongererwa burigihe na Perezida wa Repubulika we wabafashije kubaka inyubako za Polisi zitandukanye.

ACP Twahirwa, ashimira Perezida wa Repubulika ku nkunga atera Polisi, avuga ko izi ari ingufu ziyongera mu rwego rwo kurushaho kugenda bakora inshingano zabo neza. Avuga kandi ko inyubako za polisi ku rwego rw’intara n’umujyi wa Kigali zabonetse.

Inyubako ya Polisi mu ntara y’amajyepfo yatashywe, yuzuye itwaye amafaranga y’u Rwanda Miliyoni 600, izakorerwamo na Polisi ku rwego rw’intara, Polisi ku rwego rw’akarere ka Huye yubatsemo hamwe na Polisi y’umurenge wa Ngoma ari naho yubatse.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5867 Posts

Politiki

4118 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1011 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

144 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga