• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
04/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi ikomeje guhiga bukware Abahebyi mu bucukuzi bw’Amabuye y’agaciro
04/07/25
Kamonyi-Ubudaheranwa: Ubuyobozi bwa SACCO 12 bwaremeye Abarokotse Jenoside batishoboye
04/07/25
Kamonyi-Ngamba: Iminsi y’umujura yabagereyeho bafatwa bataragurisha Ingurube bishe bakayibaga
04/07/25
Kamonyi: Ba Rushingwangerero bagabiye Inka uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Ku myaka 25 y’amavuko, ateze amasunzu, bamuha inkwenene nyamara ntacyo bimubwiye

Umwanditsi
July 23, 2016

Gatorano Emmanuel, ku myaka ye y’amavuko 25, ateze amasunzu, benshi mubato ndetse n’abakuru baramukwena, nyamara kuri we ngo ni ishema kugira ikirango cy’umuco gakondo ku mutwe we.

Gatorano Emmanuel uzwi ku izina rya cyaka kubera Filime akinamo, avuga ko kubona abantu batagitega amasunzu kandi ari ikimenyetso kimwe mubiranga amateka y’umuco w’u Rwanda ngo birababaje, kubamubona bakamuseka ababona nk’abatazi umuco.

Gatorano, avuga ko bidakwiriye ko havugwa umuco w’u Rwanda nyamara hari bimwe muri uwo muco bisigwa inyuma kandi bitanagombera gushyirwa mu nzu ndangamurage.

Gatorano, avuga ko kuri we gutega amasunzu nta soni ndetse nta kimwaro bimuteye ko ahubwo atangazwa ndetse akababazwa n’abamubona bakamuryanira inzara, bakamukwena nkaho bamushimiye nk’umwe mubadatinya kwerekana bimwe mubimenyetso biranga umuco w’u Rwanda.

Uko ubona amasunzu Gatorano ateze umuturutse inyuma.
Uko ubona amasunzu Gatorano ateze umuturutse inyuma.

Uyu mugabo w’imyaka 25 y’amavuko, avuga ko yatangiye gukunda amasunzu akiri muto, avuga ko yayabonanye umusaza witwara Gasana w’ahahoze hitwa ku gikongoro ubu ni mukarere ka Nyamagabe aho ngo yamubwiye ko ari byiza.

Gatorano Emmanuel, avuga kandi ko niba koko abantu bemera umuco w’u Rwanda banagomba kubigaragaza. ashishikariza abato n’abakuru kugarukira umuco kugira ngo bimwe mu byawuranze bitazavaho bizima cyane ko ngo bimwe bidasaba kujya mu nzu zabugenewe ngo birebwe, ko ahubwo umuntu ubwe abasha kubigendana n’abandi bakabibona batishyuye cyangwa ngo bakore ingendo bajya aho byashyizwe.

Uyu gatorano, atewe ishema no kuba umwe muri bake muri iki gihugu bateze amasunzu, akunze kugaragara mu mujyi wa Kigali mu gice cya Nyabugogo aho acuruza amakarita n’ibindi bya kampanyi imwe mu z’itumanaho hano mu Rwanda.

Gatorano, avuga ko atewe ishema no kugira imwe mubiranga umuco kuri we.
Gatorano, avuga ko atewe ishema no kugira kimwe mubiranga umuco w’u Rwanda kuri we.

Nubwo benshi mubabonye uyu mugabo ateze amasunzu bibwira ko kuyatega biciriritse, Gatorano ahamya ko atari ibyo gusuzugura kuko ari ikimenyetso kiranga umuco gakondo gikwiye kubahwa.

Gatorano, avuga kandi ko kubona uzi kogosha umuntu mu buryo bwo gutega amasunzu atari benshi babizi ko ndetse bitwara amafaranga ibihimbi bitandatu y’u Rwanda kandi bikaba atari ibyaburi wese ngo nuko azi kogosha.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5827 Posts

Politiki

4078 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga