• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/12/25
Umuyobozi wa Polisi, IGP, CG Felix Namuhoranye ntiyumva uburyo Akarere gatwara imodoka yahembwe Umurenge
18/12/25
Kamonyi: Uburenganzira bw’Ufite Ubumuga ntabwo bureba Ubuyobozi gusa-Visi meya Uwiringira M Josee
18/12/25
Igishoro cy’Ibihumbi 450 cyahesheje Umunyamahirwe wa FORTEBET gutsindira hafi Miliyoni 2,5 y’u Rwanda
18/12/25
Kamonyi-Rugalika: Abadepite basabye Akarere kugira nibura Site imwe y’Imiturire y’icyitegererezo

Umukino uzwi ku izina ry’ikiryabarezi wahagaritswe mu gihugu hose

Umwanditsi
July 27, 2016

Minisiteri ifite ubucuruzi n’inganda mu nshingano zayo yashyize ahagaragara itangazo rihagarika by’agateganyo umukino uzwi ku izina ry’ikiryabarezi.

Kuri uyu wa gatatu Taliki ya 27 Nyakanga 2016, muri Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda basohoye itangazo rihagarika by’agateganyo imikino y’ibiryabarezi mu gihugu hose.

Imikino yahawe izina ry’ibiryabarezi, ni imikino yakomeje kuvugisha benshi amangambure, ni imikino kandi yagiye ishyira amakimbirane mu miryango aho yaba abato n’abakuru, ababyeyi imitungo yatikiriraga muri uyu mukino.

Nta kwezi gushize akarere ka Nyanza kari gafashe icyemezo cyo guhagarika uyu mukino kubutaka bw’aka karere, icyemezo bamwe batishimiye ariko nyamara birangiye na Minisiteri ifite ubucuruzi n’inganda mu nshingano zayo ibihagaritse by’agateganyo.

Itangazo rya Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda kuri iyi mikino riragira riti:

Ikiryabarezi itangazo MINICOM

Uyu mukino, ni umukino wari umaze gukwirakwizwa hirya no hino mu gihugu, imiryango itari mike yari imaze kugaragaramo amakimbirane ashingiye ku gushora amafaranga muri iyi mikino akaribwa, urubyiruko ku bwinshi rwagaragaraga ahakinirwa iyi mikino.

Urubyiruko nirwo rugaragara kubwinshi ahakinirwa uyu mukino.
Urubyiruko nirwo rugaragara ku bwinshi ahakinirwa uyu mukino w’ikiryabarezi.

Iyi mikino, ihagaritswe mu gihe mu bice bitandukanye by’Igihugu henshi mu miryango by’umwihariko ababyeyi barimo binuba ko iki kiryabarezi kimaze kubarumbiriza abana mu buryo butandukanye baba abata amashuri, baba se abashaka uko babona amafaranga yo kuyishoramo muburyo butemewe ndetse udasize n’abayashoragamo agenewe ibindi bagataha barira.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5929 Posts

Politiki

4178 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1041 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

157 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga