• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
24/06/26
Kamonyi-Mugina: Umuyobozi wa GS st Esidore aravugwaho gukubita umwarimu akamukomeretsa
24/06/26
Kamonyi-Ruyenzi Sporting Club: OLYMPIC FC yisubije Igikombe cyo Kwibuka Abasiporutifu
24/06/26
Kamonyi-EXPO: Abaturage barakangurirwa kugera ahabera Imurikabikorwa n’Imurikagurisha/EXPO
24/06/26
Ruhango: Urubyiruko rwasabwe kumenya amateka y’u Rwanda no kugira uruhare mu gukumira ibyaha

Ikiryabarezi cyatumye umugabo n’umugore bikundaniraga biyahura

Umwanditsi
August 15, 2016

Umugabo n’umugore we, nyuma yo kuguza amafaranga bakajya murusimbi ku cyuma cy’umukino w’amahirwe, bariwe ifaranga ryose bagujije bahitamo kwimanika mu mugozi.

Thabiso Malunga n’umugore we Jessy Ntuli, bombi ni abo mu gihugu cya Zambiya, bagujije amafaranga ibihumbi 50 akoreshwa muri iki gihugu bajya mu mukino w’amahirwe ukoresha icyuma, bariwe amafaranga yose bagujije batashye bahitira mukagozi kwiyahura.

Amafaranga uyu mugabo n’umugore bagujije, bayagujije umukirisitu basengana bamwizeza ko barahita bayamusubiza kuko bari bizeye ko urusimbi bagiyemo rurabahira bakunguka, bakinnye n’icyuma kirabarya bataha bimyiza imoso.

Ubwo inkuru y’urupfu rwabo yageraga kuri nyiri ukubaguriza amafaranga, yavuze ko abaguriza bamwizezaga ko bahita bayabona kuko bumvaga bari bwunguke bagasubiza ayo bagujije nabo bagatwara inyungu.

Imikorere y’iki cyuma, yagereranywa n’ibyuma by’imikino y’amahirwe bikoreshwa hano mu Rwanda (Slot machines) aho mu gihe gishize byari byarafunzwe by’agateganyo ariko bikaba bimwe muri byo byongeye gukomorerwa, hano bizwi ku mazina y’ibiryabarezi.

Iki cyuma cy’imikino y’amahirwe benshi bita urusimbi, iyo ushyizemo amafaranga ngo kikungukira agera kuri mirongo itatu ku ijana by’ayo wagishyizemo (30%) gusa benshi mubagikina bahamya ko kukirya bigoye ko ahubwo benshi kibacyura amara masa.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5987 Posts

Politiki

4234 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1058 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

159 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga