• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Rusizi: Abakekwaho gukorana n’imitwe y’iterabwoba baramenyekanye

Umwanditsi
August 20, 2016

Nyuma y’uko Polisi y’u Rwanda irashe batandatu mu bakekwa gukorana n’imitwe y’iterabwoba batatu bagahita bapfa, babiri bagakomereka undi umwe agafatwa mpiri, amazina yabo yamenyekanye.

Igikorwa cyo kurasa no gufata mpiri aba bantu batandatu bakekwaho gukorana n’imitwe y’iterabwoba, cyabereye mu Karere ka Rusizi umurenge wa Bugarama mu kagari ka Nyange mu mudugudu wa Misufi kuri uyu wa gatanu Taliki ya 19 Kanama 2016.

Polisi y’u Rwanda, itangaza ko aba bantu uko ari batandatu bari baje muri aka karere kwigisha no gucengeza imyemerere y’ubuhezanguni n’intambara ntagatifu(Jihad) biganisha ku iterabwoba.

Amazina y’aba bantu bose uko ari batandatu yashyizwe ahagaragara. Abarashwe bagahita bapfa ni Nkwaya Hasani na Mbarushimana Eric bo mu karere ka Kamonyi na Kicukiro hamwe n’uwitwa Mussa Bugingo.

Uretse aba bapfuye, hari uwakomeretse ariwe Cyiza Shafi. arimo gukurikiranwa n’abaganga nyuma akazagezwa imbere y’amategeko. Ba biri bandi aribo Aboubakar Ngabonziza na Latifah Morina bo mu karere ka Kamonyi na Gasabo batawe muri yombi bakaba bakaba bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Bugarama mu gihe iperereza rigikomeje gukorwa.

Guhera umwaka ushize, Polisi y’u Rwanda yatangiye gukora iperereza ku bantu bakekwaho ibikorwa by’iterabwoba no gukorana n’imitwe y’iterabwoba yo hanze y’igihugu, ndetse bamwe bakaba barashyikirijwe inkiko.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga