• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/06/25
Umukongomani wishwe azira kwanga Ruswa yagizwe Umuhire
17/06/25
Kamonyi-Mugina: Pasitori yahakaniye Mwarimukazi umushinja ko imbwa ye yamuririye umwana
17/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
17/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy

Ku Gitsina Gore, dore ukuri kw’ibintu bitanu bizakugora kumva kuribo

Umwanditsi
September 3, 2016

Benshi mubagize igitsina Gore, mu kuri kwabo bagira hari bimwe mubyo abagabo bakwiye kumenya ndetse badakwiye gutindaho cyangwa ngo bibarakaze mu gihe batabiboneye ibisubizo kuko igitsina gore kidakunze gushyira ukuri kwabyo hanze.

Dore bimwe mu bintu bitanu kubona ukuri kwabyo bizakugora ndetse ukabivamo ariko kandi ukirinda kurakara kuko uzasanga bisa nk’ibiri muri benshi mu gitsina gore kutabivugaho ukuri  atari ikibazo kiri kuri umwe ahubwo bisa nk’ibiri rusanjye.

  • Imyaka y’amavuko: Kubaza igitsina gore ibijyanye n’imyaka afite ni kimwe mu bintu bigoye ko bazakubwizaho ukuri. Yaba abakiri bato ku gitsina gore, baba abakuze. ukuri ku myaka y’amavuko kuragora ku kuvuga cyane kuko bahora bumva baryoherwa no kuba bato. Aha biragora cyane kuko hari n’uwo uzasanga akuze yemwe yaba n’umukecuru ariko wabimubwira bikarangira uri kwicuza icyo wabimubwiriraga( kumwita mukecuru cyangwa ubundi buryo bumwereka ko akuze, ashaje) ntibakunda ubagaragaza ko bashaje cyangwa bakuze.
  • Igitsina gabo bakundanye cyangwa bakoranye Imibonano mpuzabitsina: iki ni kimwe mubyo igitsina gore gikunze guhisha, kigoye kukivugaho ukuri. iki kandi ni kimwe mubyo bagiraho ubwiru bukomeye kuburyo kubwira abasore cyangwa abagabo abo bakundanye cyangwa bagiranye imibonano mpuzabitsina bizakugora kubibumvana. kugira ngo babivuge imbere y’abasore cyangwa abagabo babakunda ushobora kubitegereza igihe ariko sinkwijeje igisubizo kizabaturukamo. Ntugomba kubitindaho cyangwa ngo bikubabaze mu gihe utabiboneye igisubizo nyacyo kuko ukuri kwabyo utazapfa ku kubwirwa.
  • Inshuti z’abasore cyangwa abagabo bakundanye mu buzima: Nubwo iki gifitanye isano n’icyo tumaze kuvuga ho hejuru, biragoye ko umukobwa cyangwa umugore muzaganira akakubwira ukuri ku basore cyangwa umubare w’abagabo yakundanye nabo mu buzima bwe. Ibi nabyo ntibizakubabaze cyangwa se ngo ubitindeho mu gihe utabonye igisubizo cy’ukuri.
  • Impamvu yo gutandukana: Iki ni kimwe mu bigora igitsina gore kubivugaho ukuri, ni kimwe kandi mubitabaryohera ku byumva no kubivugaho. Benshi mubo muzaganira uzategereza ukuri kwabyo ukubure. Hari n’uwo uzabibaza aho kugusubiza aturike arire kuko bamwe hari aho uzaba ubakoze batifuzaga kuvuga. Iki ngo birinda kukivuga no kugitindaho kuko baba batifuza gusubiza amaso inyuma birinda kuba bazahura nabyo cyangwa ibisa n’ibyo babonye byaba byarabaye bibaturutseho cyangwa biturutse kubakunzi babo bakundanye.
  • Imyambaro n’Imirimbo: Mu gihe igitsina gore kibajijwe n’igitsina Gabo kubijyanye n’imyambaro cyangwa imirimbo y’ubwiza, kenshi igisubizo gihabwa igitsina gabo kinyuranye  kure n’igihabwa igitsina gore. Igisubizo umugabo cyangwa umusore azabona kizaza kiri hasi y’igiciro uyu mukobwa cyangwa umugore yatanze abigura. Impamvu yo kubeshya igitsina gabo kuri iki giciro cyangwa ikiguzi zishingira kuri byinshi birimo no gushaka kwerekana ko atari umuntu usesagura, ko yambara ibidahenze, ko ari umunyamutima mwiza n’ibindi. Ibi nyamara bizatandukana cyane n’uko azabibwira umukobwa cyangwa umugore mugenzi we. Imbere ya mugenzi we umwe cyangwa benshi azababwira ndetse abumvishe ko ibyo yambara yaba imyenda cyangwa imirimbo atari iby’igiciro gito, ko ndetse yabitumije hanze cyangwa yabiguze ahantu hakomeye, hahenze. Imbere ya bagenzi be ibiciro arabihanika ndetse yemwe n’aho yabiguriye.

 

Intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5818 Posts

Politiki

4069 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga